Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 5:20 - Bibiliya Ijambo ry'imana

20 Ariko yaje kwishyira hejuru arinangira ahinduka umunyagasuzuguro, kubera ibyo avanwa ku ngoma yamburwa n'ikuzo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

20 Ariko yishyira hejuru, yinangira umutima bimutera kuba umunyagitinyiro mu byo yakoraga, ni ko gukurwa ku ntebe y'ubwami maze icyubahiro cye bakimukuraho.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

20 Ariko yaje kwishyira hejuru arinangira ahinduka umunyagasuzuguro, kubera ibyo avanwa ku ngoma yamburwa n'ikuzo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 5:20
27 Iomraidhean Croise  

Nyamara abo bantu barinangira banga kumvira, bagenza nk'uko ba sekuruza babigenje ntibagirira icyizere Uhoraho Imana yabo.


Nyamara Hezekiya yabaye umwirasi ntiyitura ineza yagiriwe, bituma Uhoraho amurakarira hamwe n'u Buyuda na Yeruzalemu.


Yasuzuguye Umwami Nebukadinezari wari wamurahije Imana, arigomeka kandi arinangira ntiyagarukira Uhoraho Imana y'Abisiraheli.


Noneho menye ko Uhoraho aruta izindi mana zose, kuko yabyerekanye igihe yatsindaga Abanyamisiri bari barakandamije ubwoko bwe.”


Nyamara urakomeza kubuza ubwoko bwanjye kugenda.


Umwami agenzuye asanga mu matungo y'Abisiraheli nta na rimwe ryapfuye. Ariko akomeza kwinangira, ntiyareka Abisiraheli ngo bagende.


Agasuzuguro kaganisha ku ukurimbuka, naho ubwirasi buganisha ku rupfu.


Umunyagasuzuguro ni ikizira ku Uhoraho, koko rero azahanwa nta kabuza.


Uhoraho aravuga ati: “Mwa baturage b'i Babiloni mwe, nimwicishe bugufi mwicare hasi. Mwa Banyababiloniya mwe, nimuve ku ntebe za cyami, ntimuzongera kwitwa ihogoza cyangwa akataraboneka.


Uhoraho arambwira ati: “Bwira umwami n'umugabekazi uti: ‘Nimuve ku ntebe zanyu za cyami, amakamba yanyu yahanutse ku mutwe.


“Uhoraho Nyiringabo Imana y'Abisiraheli aravuze ati: ‘Dore ngiye guteza uyu mujyi n'insisiro ziwukikije ibyago byose navuze, kuko abaturage baho bigometse banga kunyumvira.’ ”


Bantu b'i Diboni, nimuve mu mwanya w'icyubahiro, nimumanuke mwicare mu myanda. Koko umurimbuzi wa Mowabu araguteye, aje kurimbura imijyi ntamenwa yanyu.


“Jyewe Uhoraho ndavuga nti: ‘Abifatanyije n'Abanyamisiri bazarimbuka, n'ingabo zabo biratanaga zizahinduka ubusa. Uhereye i Migidoli ukageza Asuwani bazagwa ku rugamba.’ Uko ni ko jyewe Nyagasani Uhoraho mvuze.


Ni yo mpamvu jyewe Nyagasani Uhoraho mvuga nti: “Iyo sederi yarakuze cyane isumba ibindi biti, ubushorishori bwayo buzengurutswe n'amashami atoshye maze yuzura ubwirasi.


“Wa mwami azajya akora icyo yishakiye, azishyira hejuru yikomeze kuruta imana zose, ndetse azasebya n'Imana nyamana ku buryo bukabije. Azabikora kugeza ubwo uburakari bwe buzaba bushize, kuko Imana yari yaremeje ko bizagenda bityo.


Hashize umwaka, igihe yariho agendagenda ku gisenge cy'ingoro ye i Babiloni,


Umwami akivuga ayo magambo yumva ijwi ry'uvugira mu ijuru ati: “Yewe Mwami Nebukadinezari, ni wowe ubwirwa! Ugiye kuva ku ngoma.


Isekurume y'ihene yagendaga iba ikirangirire cyane, ariko igifite ubuhangange bwayo bwose, ihembe ryayo rinini riravunika. Mu mwanya waryo hamera andi mahembe ane na yo ateye amatsiko kandi yerekeje impande zose.


Nuko Yezu yungamo ati: “Reka mbabwire: uwo musoresha yasubiye iwe agizwe intungane ku Mana, naho undi reka da! Kuko buri muntu wese wishyira hejuru azacishwa bugufi, naho uwicisha bugufi azashyirwa hejuru.”


Ahubwo mukomezanye buri munsi mu gihe cyose hacyitwa “uyu munsi”, kugira ngo hatagira uwo ibyaha bishuka akinangira.


Ntimunangire imitima nk'uko Abanyamisiri n'umwami wabo babigenje. Mwibuke ukuntu iyo Mana yabagenje kugeza ubwo baretse Abisiraheli bakagenda.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan