Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 3:29 - Bibiliya Ijambo ry'imana

29 None ntegetse ab'amahanga yose n'ab'amoko yose, n'abavuga indimi izo ari zo zose, ko uzavuga nabi Imana ya Shadaraki na Meshaki na Abedinego, azatemagurwa n'inzu ye igahindurwa aho bamena imyanda. Erega nta yindi mana ishobora gukiza nka yo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

29 “Ni cyo cyatumye nca iteka, kugira ngo umuntu wese wo mu moko yose y'indimi zitari zimwe uzavuga nabi Imana ya Saduraka na Meshaki na Abedenego, azatemagurwe kandi urugo rwe ruzahindurwe nk'icyavu, kuko ari nta yindi mana ibasha gukiza bene aka kageni.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

29 None ntegetse ab'amahanga yose n'ab'amoko yose, n'abavuga indimi izo ari zo zose, ko uzavuga nabi Imana ya Shadaraki na Meshaki na Abedinego, azatemagurwa n'inzu ye igahindurwa aho bamena imyanda. Erega nta yindi mana ishobora gukiza nka yo.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 3:29
17 Iomraidhean Croise  

Barimbura inkingi yeguriwe Bāli, ingoro yayo yose barayisenya. Aho yari iri bahahindura imisarane ya rubanda nk'uko biri na n'ubu.


Nihagira kandi uzaca kuri iri tegeko nciye iteka: bazarandure inkingi mu nzu ye bayishinge maze bayimuturubikemo, ndetse n'iwe hasenywe hahinduke aho kumena imyanda.


Uhoraho Mana yanjye, haguruka uze untabare, ukubite abanzi banjye ubazahaze, ubazahaze be kuzongera kwegura umutwe.


Mana, wahagurukiye guca imanza, ukiza aboroheje bose bo ku isi. Kuruhuka.


Umwami abonana na bo, maze mu bandi bose ntihaboneka uhwanye na Daniyeli na Hananiya na Mishayeli na Azariya. Nuko abagira abakozi be.


Umutware w'ibyegera abahimba amazina: Daniyeli amuhimba Beliteshazari, Hananiya amuhimba Shadaraki, Mishayeli amuhimba Meshaki naho Azariya amuhimba Abedinego.


Arataha abimenyesha bagenzi be Hananiya na Mishayeli na Azariya.


Umwami abwira Daniyeli ati: “Mu by'ukuri Imana yanyu ni yo Mana irusha izindi zose gukomera, ni yo itegeka abami kandi igahishura amayobera! Koko ni yo yagushoboje kumpishurira aya mayobera.”


Daniyeli asaba umwami guha Shadaraki na Meshaki na Abedinego ubutegetsi bw'intara ya Babiloni. Daniyeli we yigumira ibwami.


Umwami arabasubiza ati: “Icyemezo nafashe ni iki: nimutambwira inzozi narose n'icyo zisobanura, muzatemagurwa kandi amazu yanyu azasenywa ahindurwe aho bamena imyanda.


None dore hari Abayuda wahaye gutegeka intara ya Babiloni, ari bo Shadaraki na Meshaki na Abedinego. Nyagasani, abo bagabo ntabwo bakumvira, ntibasenga imana zawe kandi ntibaramya ya shusho y'izahabu wahagaritse.”


Noneho nimwumva bavugije ihembe n'imyironge, n'inanga y'indoha n'inanga nyamuduri, n'iningiri n'amakondera hamwe n'ibindi bikoresho byose bya muzika, mukemera kwikubita hasi mukaramya ishusho nacurishije nta cyo nzabatwara. Naho nimutayiramya murahita mujugunywa mu itanura rigurumana. Mbese hari imana yabasha kubankura mu maboko?”


Nitujugunywa mu itanura rigurumana, Imana dukorera ishobora kudukiza, kandi ishobora no kudukura mu maboko yawe, nyagasani.


Nebukadinezari aravuga ati: “Nihasingizwe Imana ya Shadaraki na Meshaki na Abedinego, yo yohereje umumarayika wayo igakiza abagaragu bayo bayizera. Baciye ku itegeko ryanjye, bahara amagara yabo aho gukorera no kuramya izindi mana zitari Imana yabo!


Ni yo irokora igakiza, ni yo itanga ibimenyetso igakora ibitangaza, ibikora mu ijuru no ku isi. Ni yo yakuye Daniyeli mu nzara z'intare.”


Imana z'abanzi ntizihwanye n'Imana yacu, na bo ubwabo barabyivugira!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan