Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 12:3 - Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Abazi gushishoza bazarabagirana ubwiza nk'ikirere, bazahora bererana nk'inyenyeri iteka ryose kubera ko batumye abantu benshi baba intungane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Kandi abanyabwenge bazarabagirana nk'umucyo wo mu isanzure ry'ijuru, n'abahinduriye benshi ku bukiranutsi bazaka nk'inyenyeri iteka ryose.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Abazi gushishoza bazarabagirana ubwiza nk'ikirere, bazahora bererana nk'inyenyeri iteka ryose kubera ko batumye abantu benshi baba intungane.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 12:3
27 Iomraidhean Croise  

babonaga mu maso he harabagirana. Nuko Musa akongera akitwikira kugeza igihe azasubirira kuvugana n'Uhoraho.


Ibikorwa by'intungane ni isōko y'ubugingo, umunyabwenge arangamirwa na rubanda.


Abanyabwenge bazaragwa ikuzo, naho abapfapfa bakorwe n'isoni.


Koko rero imigenzereze y'intungane imeze nk'umuseke ukebye, umucyo ugatangaza kugeza ubaye amanywa y'ihangu.


Ikindi kandi, Umubwiriza yari n'umunyabwenge, ntiyahwemye gutoza abantu ubumenyi. Yarashishoje arasesengura, anonosora imigani myinshi.


Uhoraho aravuze ati: “Umugaragu wanjye namara kubabazwa azanezerwa, azishimira imbuto z'umubabaro we. Umugaragu wanjye w'intungane azakoresha ubumenyi, azabukoresha atume benshi baba intungane, azigerekaho ibicumuro byabo.


Iyo baza kumva inama yanjye, bari kumenyesha abantu banjye ibyo navuze, bari kubatoza kuzibukira imigenzereze mibi, bityo bakareka ibikorwa byabo by'ubugome.”


Abazi gushishoza muri bo bazatoza benshi, ariko muri icyo gihe bamwe muri bo bazicishwa inkota cyangwa umuriro, abandi bafatwe mpiri kandi ibyabo binyagwe.


Bamwe mu bazi gushishoza bazicwa, bitume bagenzi babo bitunganya biboneze babe abere bategereje ko icyo gihe cy'ibyago gishira, dore ko igihe cyagenwe kizaba kitaragera.


Abantu benshi baziboneza babe abere n'intungane, naho abagome bazakomeza gukora nabi. Abagome bo ntibazabisobanukirwa, ariko abazi gushishoza bo bazabisobanukirwa.


Ubwo abatunganiye Imana bazarabagirana nk'izuba mu bwami bwa Se. Ufite amatwi yumva ngaho niyumve!


Yezu arababwira ati: “Ndababwira nkomeje ko igihe ibintu byose bizaba bihinduwe bishya, Umwana w'umuntu azicara ku ntebe ya cyami ahabwe ikuzo. Icyo gihe mwebwe mwankurikiye namwe muzicara ku ntebe cumi n'ebyiri za cyami, mucire imanza imiryango cumi n'ibiri y'Abisiraheli.


“Mubirebye ni nde mugaragu w'indahemuka kandi uzi ubwenge, shebuja yashinze abo mu rugo rwe ngo abahe ifunguro mu gihe gikwiye?


Umusaruzi arahembwa imbuto azirundarundire ubugingo buhoraho; bityo umubibyi n'umusaruzi barishimira hamwe.


Yohani yari nk'itara ryaka rikabonesha, kandi mwemeye kumara akanya mwishimira umucyo umuturukaho.


Mu itorero rya Kristo rya Antiyokiya, habaga abahanuzi n'abigisha, ari bo Barinaba na Simeyoni uwo bitaga Rukara, na Lukiyo wo muri Sirene, na Manaheni wari wareranywe n'Umutware Herodi na Sawuli.


Kubera ubuntu Imana yangiriye, nagenje nk'umwubatsi w'umuhanga nshyiraho urufatiro, undi muntu arwubakaho. Icyakora buri muntu niyitondere uburyo yubaka kuri urwo rufatiro.


Nuko aha bamwe kuba Intumwa ze, abandi ngo babe abahanuzi, abandi ngo babe abatangaza Ubutumwa bwiza, naho abandi ngo babe abashumba n'abigisha.


Urebye igihe mumaze mwari mukwiye kuba abigisha b'abandi, ariko namwe muracyakeneye kwigishwa iby'ifatizo byerekeye inyigisho ziva ku Mana. Aho gutungwa n'ibiryo bikomeye, muracyakeneye amata.


Mumenye yuko igituma Umwami wacu yihangana atyo, ari ukugira ngo mubone uko mukizwa. Ni na ko Pawulo umuvandimwe wacu dukunda, yabibandikiye akoresheje ubwenge Imana yamuhaye.


Ibyerekeye inyenyeri ndwi wabonye mu kiganza cyanjye cy'iburyo, n'amatara arindwi y'izahabu ni ibanga. Dore uko iryo banga risobanura: inyenyeri ndwi ni abamarayika bashinzwe ya matorero arindwi, naho amatara arindwi ni ayo matorero arindwi ubwayo.


Uhoraho, abanzi bawe bose baragapfa urwa Sisera, naho abakunzi bawe bamere nk'izuba rirashe! Nuko igihugu kimara imyaka mirongo ine mu mutekano.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan