Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 12:1 - Bibiliya Ijambo ry'imana

1 Wa muntu wari wambaye imyambaro yera arongera ati: “Icyo gihe kizaba ari igihe cy'amakuba kitigeze kibaho mu bwoko bwawe. Ariko Mikayeli umutware w'abamarayika, akaba n'umurinzi w'ubwoko bwawe azahagoboka. Nuko buri wese wo mu bwoko bwawe wanditswe mu gitabo cy'Imana azarokoka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

1 “Maze icyo gihe Mikayeli, wa mutware ukomeye ujya ahagarikira abantu bawe azahaguruka, hazaba ari igihe cy'umubabaro utigeze kubaho uhereye igihe amahanga yabereyeho ukageza icyo gihe. Nuko icyo gihe abantu bawe bazaba banditswe mu gitabo, bazarokorwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

1 Wa muntu wari wambaye imyambaro yera arongera ati: “Icyo gihe kizaba ari igihe cy'amakuba kitigeze kibaho mu bwoko bwawe. Ariko Mikayeli umutware w'abamarayika, akaba n'umurinzi w'ubwoko bwawe azahagoboka. Nuko buri wese wo mu bwoko bwawe wanditswe mu gitabo cy'Imana azarokoka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 12:1
48 Iomraidhean Croise  

Mana, abo bagome ntibakuve mu nzara, abo banyamahanga barakarire ubatsembe.


Ibyaha byabo byose ujye ubibabaraho, ntukagire na kimwe ubababarira.


Nuko rero abazaba basigaye i Siyoni, ari bo bazaba barokotse i Yeruzalemu bazitwa “abeguriwe Uhoraho”, bose bazandikwa kugira ngo babe i Yeruzalemu.


Nyagasani aciriye urubanza Yakobo, aciriye urubanza Abisiraheli.


Uhoraho aravuga ati: “Rubyaro rw'umugaragu wanjye Yakobo, mwitinya, rubyaro rwa Isiraheli, mwikangarana. Nzabakiza mbavane mu mahanga ya kure yabajyanye ho iminyago. Rubyaro rwa Yakobo, muzagaruka mugire amahoro, muzishyira mwizane nta wubatera ubwoba.


Ndabona buri wese yasuherewe. Mbega ishyano! Ni umunsi uteye ubwoba, ni umunsi utagira undi bihwanye, ni igihe cy'umubabaro w'abakomoka kuri Yakobo, nyamara bazawurokoka.”


“Nzahana abahanuzi bakoresha ibonekerwa ritari iry'ukuri, maze bagahanura ibinyoma. Ntibazakīrwa mu ikoraniro ry'abantu banjye, ntibazabarwa nk'Abisiraheli kandi ntibazagaruka mu gihugu cya Isiraheli. Bityo muzamenya ko ndi Nyagasani Uhoraho.


Jyewe Uhoraho, abantu banjye nzababera Imana, naho umugaragu wanjye Dawidi ababere umuyobozi. Ni jye Uhoraho ubivuze.


Nzabakorera ibintu bibi ntigeze mbakorera, ndetse ntashobora no kongera gukora ukundi, mbaziza ko mwakoze ibizira.


“Ariko ikinyabutware cyo mu Buperesi cyamaze ibyumweru bitatu kimbuza kukugeraho, maze Mikayeli umwe mu bamarayika bakuru, aza kuntabara kubera ko natindijwe n'ibinyabutware byo mu Buperesi.


Azashinga amahema ye y'ibwami hagati y'inyanja n'umusozi mwiza Imana yitoranyirije. Ni bwo igihe cye kizaba kigeze maze yicwe, kandi ntawe uzamutabara.”


Imbere ye haturukaga umuriro utemba nk'umugezi, abagaragu ibihumbi n'ibihumbi baramuherezaga, uko bari ibihumbi bitabarika bahagaze imbere ye. Urukiko rujyamo, ibitabo by'ibyo abantu bakoze barabibumbura.


Washohoje ibyo wari watuburiye twebwe n'abategetsi bacu, waduteje ibyago bikabije, dore bagiriye nabi Yeruzalemu ku buryo nta handi ku isi biraboneka.


Ni umunsi w'umwijima n'icuraburindi, ni umunsi urimo ikibunda n'ibihu. Dore igitero cy'inzige kiraje, ni nyinshi cyane kandi ziteye ubwoba, zije zimeze nk'umuseke weya mu mpinga z'imisozi. Kuva kera ibyo ntibyigeze bibaho, nta n'ubwo bizongera kubaho ukundi.


Nuko abubahaga Uhoraho baraganiraga, na we akabatega amatwi akumva ibiganiro byabo, maze abamwubahaga bakamutinya, amazina yabo yandikirwa imbere ye mu gitabo cy'urwibutso.


kuko icyo gihe hazaba amakuba akabije atigeze abaho kuva isi yaremwa kugeza ubu, kandi atazongera kubaho ukundi.


kuko muri iyo minsi hazaba amakuba akabije atigeze abaho kuva isi yaremwa kugeza ubu, kandi atazongera kubaho ukundi.


Ibyo ari byo byose ntimwishimire ko ingabo za Satani zibumvira, ahubwo mwishimire ko amazina yanyu yanditswe mu ijuru.”


Koko rero ubwo guhēzwa kwabo kwatumye rubanda rutari Abayahudi bungwa n'Imana, hazacura iki igihe Abayahudi ubwabo bazayigarukira? Bazamera nk'abazutse mu bapfuye!


Uko ni ko urubyaro rwose rwa Isiraheli ruzakizwa, nk'uko Ibyanditswe bivuga ngo “Umutabazi azava i Siyoni, atsembe ubugome mu bakomoka kuri Yakobo.


Yahaye Kristo gusumba bihanitse ibinyabutware byose n'ibinyabushobozi n'ibinyabubasha n'ibinyabutegetsi, ndetse n'izina ryose rishobora kuvugwa atari muri iki gihe gusa, ahubwo no mu bihe bizaza.


Kandi nawe mugenzi wanjye dufatanyije umurimo ndagusaba gufasha abo bagore, kuko bafatanyije nanjye kurwanira Ubutumwa bwiza, bo na Kilementi n'abandi twakoranye amazina yabo akaba yanditswe mu gitabo cy'ubugingo.


Nyamara na Mikayeli Umumarayika mukuru, igihe yajyaga impaka na Satani baburana umurambo wa Musa, ntiyahangaye gucira Satani urubanza amutuka, ahubwo yaravuze ati: “Nyagasani nagukangare!”


Ibikore kandi ifatanyije na Yezu Kristo umuhamya w'indahemuka, akaba yarabimburiye abandi kuzuka mu bapfuye, akagirwa umutware w'abami bategeka iyi si. Kristo aradukunda, ni na we watubohoye amena amaraso ye kugira ngo atuvane mu byaha byacu.


Mu ijuru intambara irarota, Mikayeli n'ingabo z'abamarayika ayobora barwanya cya kiyoka, maze na cyo kirabarwanya gifashijwe n'abamarayika babaye ingabo zacyo.


Abatuye isi yose bazakiramya, ni ukuvuga abatanditswe kuva isi ikiremwa mu gitabo cy'ubugingo cy'Umwana w'intama wishwe.


Bazarwanya Umwana w'intama, ariko azabatsinda kuko ari we Mutegetsi ugenga abategetsi akaba n'Umwami ugenga abami. Azabatsinda afatanyije n'abo yahamagaye akabatoranya, bakamubaho indahemuka.”


Mbona n'abapfuye, abakomeye n'aboroheje bahagaze imbere y'iyo ntebe. Nuko ibitabo birabumburwa. Habumburwa n'ikindi gitabo, ari cyo gitabo cy'ubugingo. Abapfuye bacirwa imanza zishingiye ku byo bakoze, uko byanditswe muri ibyo bitabo.


Umuntu wese batasanze yanditswe mu gitabo cy'ubugingo, na we arohwa mu kiyaga cyaka umuriro.


Utsinda wese azambikwa imyambaro yera, kandi sinzigera mpanagura izina rye mu gitabo cy'ubugingo. Nzemera ko ari uwanjye imbere ya Data n'imbere y'abamarayika be.


Ndamusubiza nti: “Mubyeyi, ni wowe ubizi.” Arambwira ati: “Bariya ni abaciye mu makuba akabije. Bameshe amakanzu yabo bayeza mu maraso y'Umwana w'intama.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan