Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 11:35 - Bibiliya Ijambo ry'imana

35 Bamwe mu bazi gushishoza bazicwa, bitume bagenzi babo bitunganya biboneze babe abere bategereje ko icyo gihe cy'ibyago gishira, dore ko igihe cyagenwe kizaba kitaragera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

35 Kandi bamwe muri abo banyabwenge bazicwa kugira ngo bacishwe mu ruganda batunganywe, bere kugeza igihe cy'imperuka kuko izaba igitegereje igihe cyategetswe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

35 Bamwe mu bazi gushishoza bazicwa, bitume bagenzi babo bitunganya biboneze babe abere bategereje ko icyo gihe cy'ibyago gishira, dore ko igihe cyagenwe kizaba kitaragera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 11:35
34 Iomraidhean Croise  

Nyamara igihe abategetsi b'i Babiloni boherezaga intumwa zo kumubaza ibyerekeye ibitangaza byabaye mu gihugu cye, Imana yaramuretse igira ngo imugerageze imenye ibyo atekereza.


Ifeza n'izahabu bigaragazwa n'umuriro, nyamara ibitekerezo by'umuntu bisuzumwa n'Uhoraho.


Bityo ibicumuro by'Abisiraheli bizahanagurwa, ibyaha byabo bizababarirwa, bizababarirwa nibarimbura intambiro zubatswe n'amabuye, bakazimenagura, bazatsemba kandi inkingi zeguriwe Ashera n'igicaniro cy'imibavu.


Abo bami bombi bazagirana imishyikirano bafitanye imigambi mibi maze baryaryane. Imishyikirano yabo nta cyo izageraho kuko igihe cyagenwe kizaba kitaragera.


“Igihe cyateganyijwe nikigera, azongera atere Misiri ariko noneho ibintu bizagenda ukundi.


Abazi gushishoza muri bo bazatoza benshi, ariko muri icyo gihe bamwe muri bo bazicishwa inkota cyangwa umuriro, abandi bafatwe mpiri kandi ibyabo binyagwe.


“Mu gihe giheruka umwami wa Misiri azamutera, ariko umwami wundi azamugwa gitumo avuye mu majyaruguru, azanye ingabo nyinshi zirwanira mu magare y'intambara no ku mafarasi no mu mato menshi. Azatera ibihugu abisandaremo nk'umwuzure.


Abazi gushishoza bazarabagirana ubwiza nk'ikirere, bazahora bererana nk'inyenyeri iteka ryose kubera ko batumye abantu benshi baba intungane.


Naho rero wowe Daniyeli, iki gitabo gifungishe ikimenyetso kugira ngo ubutumwa burimo bubikwe neza kugeza igihe cy'imperuka. Bityo kizaramba gisomwe n'abantu benshi barusheho gusobanukirwa.”


Rirakura rigera aho ingabo zo mu ijuru ziri, rihanantura zimwe muri zo hamwe n'inyenyeri zimwe ribiribatira hasi.


Nuko aranyegera maze ngira ubwoba nikubita hasi nubamye. Arambwira ati: “Wa muntu we, usobanukirwe ko ibyo weretswe byerekeye igihe cy'imperuka.”


Arambwira ati: “Reka nkumenyeshe ibizaheruka igihe cy'uburakari bw'Imana, kandi icyo gihe kizaba ari igihe cy'imperuka.


Mu gihe cy'imyaka irindwi uwo mutegetsi azategekesha igitugu abantu benshi. Nyuma y'imyaka itatu n'igice, azakuraho ibitambo n'amaturo batura Imana. Ku munara w'Ingoro yayo azahashyira igiterashozi kirimbuzi, kizahaba kugeza igihe uwagishyizeho azarimburwa nk'uko Imana yabitegetse.”


Icyo nkwereka kizasohozwa igihe kigeze, kirihutirwa kizagera ku iherezo nta kabuza, nubwo byatinda ugitegereze kizaza, koko igihe nagennye kizaza.


Abo bagize kimwe cya gatatu nzabagerageza, mbatunganye nk'uko ifeza n'izahabu bitunganyirizwa mu muriro w'uruganda. Bazanyambaza nanjye mbahe icyo basaba. Nzababwira nti: ‘Muri ubwoko bwanjye.’ Na bo bazavuga bati: ‘Uhoraho ni we Mana yacu.’ ”


Yezu aramubwira ati: “Urahirwa Simoni mwene Yonasi, kuko ibyo nta muntu wabiguhishuriye, ahubwo ni Data uri mu ijuru.


Ariko ibi byose bibereyeho kugira ngo ibyanditswe n'abahanuzi bibe.” Maze abigishwa be bose baramutererana barahunga.


Ishami ryose ryo kuri jye ritera arivanaho, naho iryera ryose ararikaragira ngo ribe risukuye rirusheho kurumbuka.


Nuko abandi bigishwa baramubwira bati: “Twabonye Nyagasani!” Tomasi arababwira ati: “Nintabona imyenge y'imisumari mu biganza bye ngo nshyiremo urutoki, kandi ngo nshyire n'ikiganza mu rubavu rwe sinzabyemera.”


Pawulo n'abo bari kumwe binjirira mu bwato i Pafo, bafata hakurya i Periga ho muri Pamfiliya, Yohani Mariko we abasiga aho yisubirira i Yeruzalemu.


akabagaburira manu, bya byokurya ba sokuruza batigeze bamenya. Yabacishije bugufi abagerageza atyo, kugira ngo nyuma muzamererwe neza.


Bavandimwe, igihe mugezweho n'ibigeragezo by'uburyo bwose mujye mubyishimira.


Undi mumarayika asohoka mu Ngoro y'Imana arangurura ijwi cyane, abwira uwicaye kuri icyo gicu ati: “Ahura umuhoro wawe usarure, kuko igihe cy'isarura kigeze. Dore imyaka yo ku isi ireze.”


Erega Imana yashyize umugambi wayo mu mitima yabyo, ngo bikore ibyo na yo yagambiriye! Bityo ayo mahembe azahuriza ku mugambi umwe rukumbi, yegurire cya gikōko ubushobozi bwayo bwa cyami, kugeza ubwo ibyo Imana yavuze bibaye.


Ntutinye uburyo uzababazwa: dore Satani agiye kubagerageza arohe bamwe muri mwe muri gereza, mugirirwe nabi kumara iminsi icumi. Urabe indahemuka rero kugeza ku gupfa, nanjye nzaguha ubugingo buhoraho ubugire ho ikamba.


Ndamusubiza nti: “Mubyeyi, ni wowe ubizi.” Arambwira ati: “Bariya ni abaciye mu makuba akabije. Bameshe amakanzu yabo bayeza mu maraso y'Umwana w'intama.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan