Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 10:16 - Bibiliya Ijambo ry'imana

16 Nuko haza usa n'umuntu ankora ku munwa, maze mbwira uwo wari uhagaze imbere yanjye nti: “Nyakubahwa, kubera ibyo neretswe nahiye ubwoba ncika intege.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

16 Maze haza uwasaga n'umwana w'umuntu akora ku munwa wanjye, mperako mbumbura akanwa kanjye ndavuga, mbwira uwari umpagaze imbere nti “Databuja, ibyo neretswe ko byatumye imibabaro yanjye ingarukamo nkabura intege,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

16 Nuko haza usa n'umuntu ankora ku munwa, maze mbwira uwo wari uhagaze imbere yanjye nti: “Nyakubahwa, kubera ibyo neretswe nahiye ubwoba ncika intege.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 10:16
29 Iomraidhean Croise  

Ariko Musa abwira Uhoraho ati: “Nyagasani, sinzi kuvuga neza nta n'ubwo nabyigeze, ndetse n'ubu tuvugana nta kirahinduka. Sintebuka mu magambo kandi mvuga ntegwa.”


Musa aramusubiza ati: “Nyagasani, mbabarira urebe undi utuma.”


Koko ubwenge bwinshi ntibutana n'agahinda kenshi, uko wongera ubumenyi ni na ko wongera umubabaro.


Arinkoza ku munwa arambwira ati: “Iri kara rigukoze ku munwa, igicumuro cyawe kikuvanyweho, icyaha cyawe kirababariwe.”


Nuko Uhoraho ankoza ikiganza ku munwa arambwira ati: “Dore nshyize amagambo yanjye mu kanwa kawe.


Hejuru y'igisa n'igisenge hari ikintu kimeze nk'ibuye rya safiro, gikozwe nk'intebe ya cyami. Kuri iyo ntebe ahagana hejuru hari igisa n'umuntu.


Icyakora ninshaka kugira icyo mbabwira, nzakubumbura umunwa maze ubabwire uti: ‘Uku ni ko Nyagasani Uhoraho avuze: ushaka kumva niyumve, utabishaka narorere.’ Koko rero ni abantu b'ibyigomeke.”


Ku mugoroba wabanjirije ukuza k'uwo muntu nari niyumvisemo imbaraga z'Uhoraho, mu gitondo cyakurikiyeho Uhoraho yambumbuye umunwa sinongera kuba ikiragi ntangira kuvuga.


Ibyo narabyumvise ariko sinabisobanukirwa, maze ndabaza nti: “Nyakubahwa, ingaruka z'ibyo byose zizaba izihe?”


Nyagasani rero, icyo giti ni wowe gishushanya. Warakomeye uba ikirangirire, ikuzo ryawe rigera ku ijuru n'ubutegetsi bwawe bugera ku mpera z'isi.


Jyewe Daniyeli, ibyo neretswe byanteye ubwoba bimpagarika umutima.


Ayo magambo agarukiye aha. Ariko jyewe Daniyeli, ibyo neretswe byampagaritse umutima cyane bintera ubwoba, nyamara nakomeje kubizirikana.


Nkitegereza ibyo neretswe kandi nkigerageza kubisobanukirwa, mbona usa n'umuntu ahagaze imbere yanjye.


Nuko aranyegera maze ngira ubwoba nikubita hasi nubamye. Arambwira ati: “Wa muntu we, usobanukirwe ko ibyo weretswe byerekeye igihe cy'imperuka.”


Akomeza kumbwira nubamye nataye ubwenge, maze aramfata arampagurutsa.


Jyewe Daniyeli, ibyo byose byanciye intege mara iminsi ndwaye. Hanyuma nkomeza umurimo nari narashinzwe n'umwami. Ariko sinashoboye gusobanukirwa iryo bonekerwa, ryakomeje kumpagarika umutima.


Mu gihe nasengaga, Gaburiyeli wa muntu nigeze kubona mu ibonekerwa araguruka aranyegera, hari mu masaha yo gutamba igitambo cya nimugoroba.


Muri ako kanya abumbura umunwa, ururimi rwe ruragobodoka asingiza Imana.


Ni jyewe uzabihera ubushobozi bwo kumenya icyo mukwiye kuvuga, kandi ababarwanya bose ntibazashobora kugitsinda cyangwa kukivuguruza.


Tomasi aramusubiza ati: “Mwami wanjye! Mana yanjye!”


Undi aramusubiza ati: “Si ndi uwo muri abo uvuze, ahubwo nje ndi umugaba w'ingabo z'Uhoraho.” Nuko Yozuwe yikubita hasi yubamye, aramubwira ati: “Nyagasani, untegetse iki?”


Hagati yayo hari hahagaze usa n'umwana w'umuntu. Yari yambaye ikanzu ndende, igituza cye kizengurutswe n'umukandara w'izahabu.


Maze Manowa asenga Uhoraho agira ati: “Nyagasani, ndagusabye wongere utwoherereze wa muntu w'Imana, adusobanurire neza uko tuzagenza uwo mwana uzavuka.”


Gideyoni aramubwira ati: “Ariko se databuja, iyo Uhoraho aza kuba hamwe natwe, ibi byose biba byaratubayeho? Ese ibitangaza bye ba sogokuruza baturatiraga byagiye he? Batubwiraga uko yabakuye mu Misiri, none twe yaradutaye atugabiza Abamidiyani!”


Nuko Gideyoni aramusubiza ati: “Ariko se databuja, Abisiraheli nzabakiza nte? Inzu yacu ni yo isuzuguritse mu muryango wa Manase, kandi no mu rugo rwa data ni jye muto!”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan