Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 10:14 - Bibiliya Ijambo ry'imana

14 Bityo naje kugira ngo ngusobanurire ibigomba kuba ku bwoko bwawe mu minsi izaza, kuko ibyo weretswe byerekeye iyo minsi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

14 Nuko none nzanywe no kugusobanurira ibizaba ku bantu bawe mu minsi y'imperuka, kuko ibyo weretswe ari iby'igihe gishyize kera.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

14 Bityo naje kugira ngo ngusobanurire ibigomba kuba ku bwoko bwawe mu minsi izaza, kuko ibyo weretswe byerekeye iyo minsi.”

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 10:14
20 Iomraidhean Croise  

Yakobo ahamagaza abahungu be, arababwira ati: “Nimuterane mbabwire ibizababaho mu bihe bizaza.


Mu gihe kizaza, umusozi wubatseho Ingoro y'Uhoraho uzakomera cyane, uzamamara kuruta indi misozi yose, abanyamahanga bose bazawugana.


“Yewe muntu, Abisiraheli baravuga bati: ‘Ibonekerwa ryawe n'ubuhanuzi bwawe si iby'ubu, ahubwo ni ibyo mu bihe bizaza.’


Uzatera ubwoko bwanjye bw'Abisiraheli umeze nk'igihu kibuditse hejuru y'igihugu. Icyo gihe wowe Gogi, nzakohereza utere igihugu cyanjye kugira ngo amahanga amenye ko ndi Uhoraho, ubwo nzayagaragariza ubuziranenge bwanjye ari wowe nkoresheje.


Mu mwaka wa gatatu Umwami Sirusi w'Umuperesi ari ku ngoma, Imana yahishuriye Daniyeli wahimbwe Beliteshazari ubutumwa bwayo. Ubwo butumwa ni ubw'ukuri kandi bwamenyeshaga intambara ikomeye. Daniyeli yabusobanuriwe mu ibonekerwa.


Naho rero wowe Daniyeli, iki gitabo gifungishe ikimenyetso kugira ngo ubutumwa burimo bubikwe neza kugeza igihe cy'imperuka. Bityo kizaramba gisomwe n'abantu benshi barusheho gusobanukirwa.”


Aransubiza ati: “Daniyeli we, igendere! Ubutumwa naguhaye ubugire ibanga kuzageza igihe cy'imperuka.


Nyamara nyagasani, hari Imana yo mu ijuru isobanura amayobera, ni yo yakumenyesheje ibizaba mu gihe kizaza. Dore ibyo weretswe mu nzozi uryamye.


Numva ijwi ry'umuntu riturutse ku ruzi rwa Ulayi rimubwira riti: “Gaburiyeli we, sobanurira uwo muntu ibyo yeretswe.”


Ni yo mpamvu ibitambo bya buri mugoroba na buri gitondo bitazatambwa. Icyakora ibyo weretswe ubigire ibanga kuko byerekeye ibihe bizaza kera.”


Aransobanurira ati: “Daniyeli we, nazanywe no kukungura ubwenge.


Hanyuma Abisiraheli bazagarukira Uhoraho Imana yabo bamuyoboke, bazayoboka n'ukomoka kuri Dawidi ababere umwami. Mu bihe bizaza bazagana Uhoraho bamwubashye, bite ku migisha abaha.


Mu gihe kizaza umusozi wubatseho Ingoro y'Uhoraho uzakomera cyane, uzamamara kuruta indi misozi yose. Amoko menshi azawuhururira,


Icyo nkwereka kizasohozwa igihe kigeze, kirihutirwa kizagera ku iherezo nta kabuza, nubwo byatinda ugitegereze kizaza, koko igihe nagennye kizaza.


Ariko ntarasubira iwacu, reka nkumenyeshe uko Abisiraheli bazagenza ubwoko bwawe mu bihe bizaza.”


Ndetse ntarabageza mu gihugu nasezeranye kubaha, nzi uko bateye n'ibyo bazakora. Abazabakomokaho nibamara kubona ibyago byinshi n'imibabaro, bazibuka iyi ndirimbo ibabere umuhamya wo kubashinja.”


Nzi ko nimara gupfa muzifata nabi cyane rwose mugateshuka ibyo nabategetse. Mu minsi iri imbere muzabona ibyago kubera ko muzakora ibyo Uhoraho yababujije, bigatuma abarakarira.”


Mu gihe kizaza ibyo byago byose nibibageraho, ni bwo muzagarukira Uhoraho Imana yanyu mumwumvire.


Umenye neza ko mu minsi y'imperuka hazaza ibihe bikomeye.


None se twebwe tuzarokoka dute niba twirengagiza agakiza gakomeye gatyo? Ibyerekeye ako gakiza byabanje gutangazwa na Nyagasani, maze ababyumvise batwemeza ko ari ukuri.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan