Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Daniyeli 1:4 - Bibiliya Ijambo ry'imana

4 Ntibagombaga kugira ubusembwa ku mubiri ahubwo bagombaga kugira uburanga, bagombaga kuba bajijutse, bafite ubwenge kandi ari abahanga bazi gushishoza, ku buryo bashoboraga gukora mu ngoro y'umwami. Bagombaga kwigishwa ururimi rw'Abanyababiloniya n'ibyanditse mu bitabo byabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

4 batagira inenge, ahubwo b'abanyaburanga, b'abahanga mu by'ubwenge bwose, bajijuka mu byo kumenya, b'ingenzuzi mu by'ubwenge, kandi batinyuka guhagarara mu nzu y'umwami, kugira ngo abigishe ubwenge bw'Abakaludaya n'ururimi rwabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

4 Ntibagombaga kugira ubusembwa ku mubiri ahubwo bagombaga kugira uburanga, bagombaga kuba bajijutse, bafite ubwenge kandi ari abahanga bazi gushishoza, ku buryo bashoboraga gukora mu ngoro y'umwami. Bagombaga kwigishwa ururimi rw'Abanyababiloniya n'ibyanditse mu bitabo byabo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Daniyeli 1:4
23 Iomraidhean Croise  

Mu Bisiraheli bose nta muntu n'umwe wari ufite uburanga nk'ubwa Abusalomu, kuva ku birenge kugera ku mutwe nta nenge yagiraga, kandi yashimwaga na bose.


Nubona umunyamwete ku murimo, uwo muntu azakorera abami, koko ntazakorera abantu basuzuguritse.


Ubwenge buhesha umunyabwenge imbaraga, akazirusha abategetsi icumi b'umujyi.


Nuko Eliyakimu na Shebuna na Yowa, basaba umujyanama w'umwami wa Ashūru bati: “Abagaragu bawe turakwinginze, tubwire mu kinyarameya kuko tucyumva. Erega ibyo utubwira mu giheburayi, dore abantu bari ku rukuta bateze amatwi barabyumva!”


Mwa Bisiraheli mwe, ngiye kubateza igihugu cya kure, ni igihugu gifite imbaraga, ni igihugu cyabayeho kuva kera, ni igihugu kivuga ururimi mutumva.


Abahanga baramusubiza bati: “Nyagasani, nta muntu n'umwe ku isi washobora gusubiza icyo kibazo watubajije! Nta mwami n'umwe uko yaba akomeye kose, wigeze abaza abanyabugenge cyangwa abapfumu cyangwa abahanga mu by'inyenyeri ikibazo nk'icyo.


Nuko umwami ahamagaza abanyabugenge n'abapfumu n'abashitsi n'abahanga mu by'inyenyeri, kugira ngo bamubwire inzozi yarose. Bamaze kugera imbere ye


Ako kanya Abanyababiloniya bamwe baza kurega Abayuda.


Dore ibyo nabonye ndyamye: nabonye igiti cyameze ku isi hagati kandi ari kirekire cyane.


Mu gihugu cyawe hari umuntu ukoreshwa n'umwuka w'imana zitagira inenge. Ku ngoma y'umukurambere wawe basanze afite ubushishozi n'ubuhanga n'ubwenge nk'iby'imana. Umukurambere wawe, Umwami Nebukadinezari yamugize umutware w'abanyabugenge n'abapfumu, n'abahanga mu by'inyenyeri n'abazi kuragura. Nyagasani, uwo mukurambere wawe yabigenje atyo


Arangurura ijwi, ategeka ko bamuzanira abapfumu n'abahanga mu by'inyenyeri n'abazi kuragura. Abwira abo banyabwenge b'i Babiloni ati: “Umuntu wese ubasha gusoma iyi nyandiko akayinsobanurira, arambikwa imyambaro y'agaciro n'umukufi w'izahabu mu ijosi kandi ahabwe umwanya wa gatatu mu bwami.”


Mu mwaka Dariyusi mwene Ahashuwerusi w'Umumedi yigaruriyemo Babiloniya akaba umwami waho,


Ndamubaza nti: “Bariya se bo baje gukora iki?” Na we aransubiza ati: “Amahembe ni ibihugu by'ibihangange, byatatanyije Abayuda ku buryo nta wongeye kubyutsa umutwe. Naho bariya bacuzi bazanywe no guhashya no kurwanya ibyo bihugu by'ibihangange, byatatanyije abaturage b'u Buyuda.”


Ubwo ni bwo Musa avutse ari umwana mwiza bihebuje. Nuko arererwa imuhira amezi atatu.


Musa yigishwa ubuhanga bwose bw'Abanyamisiri, aba ikirangirire mu byo avuga no mu byo akora.


uwo Muryango ari wo Mugeni we, awishyingire ufite ikuzo, nta kizinga, nta munkanyari, cyangwa ikindi cyose gisa gityo, ahubwo uboneye udafite inenge.


Hanyuma Gideyoni abaza Zebahi na Salimuna ati: “Harya abantu mwiciye i Taboru basaga bate?” Baramusubiza bati: “Basaga nkawe, umuntu wese wo muri bo yasaga n'umwana w'umwami.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan