Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 10:3 - Bibiliya Ijambo ry'imana

3 Musa abwira Aroni ati: “Ibi ni byo Uhoraho yavuze ati: ‘Abatambyi bagomba kunyubaha kuko ndi umuziranenge, bagomba kumpesha ikuzo imbere ya rubanda.’ ” Aroni abura icyo avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

3 Mose abwira Aroni ati “Ibyo ni byo Uwiteka yavuze ati ‘Kwera kwanjye kuzerekanirwa mu banyegera, kandi nzaherwa icyubahiro imbere y'ubu bwoko bwose.’ ” Aroni aricecekera.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

3 Musa abwira Aroni ati: “Ibi ni byo Uhoraho yavuze ati: ‘Abatambyi bagomba kunyubaha kuko ndi umuziranenge, bagomba kumpesha ikuzo imbere ya rubanda.’ ” Aroni abura icyo avuga.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

3 Nuko Musa abwira Aroni, ati «Uhoraho yari yabivuze ukuri: ’Ubutungane bwanjye bugaragarira mu banyegera, kandi ngomba guherwa ikuzo imbere y’umuryango wose.’» Aroni araceceka, arumirwa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 10:3
46 Iomraidhean Croise  

Ntibikabeho ngo wicane intungane n'abagome! Ntibikabeho ngo ucire intungane urw'abagome! Uri umucamanza w'isi yose ntiwarenganya.”


Yobu aramusubiza ati: “Uvuze nk'umugore w'umupfapfa. Mbese twakwemera ibyiza gusa Imana iduha, maze tukanga ibibi iduha?” Muri ayo makuba yose, Yobu ntiyigeze acumura mu byo avuga ngo atuke Imana.


Ndagutinya ngahinda umushyitsi, ibyemezo wafashe na byo bintera ubwoba.


Ubwoko bwe yabuhaye imbaraga, ni cyo gituma indahemuka ze zose zimusingiza, ni zo Bisiraheli, ubwoko ahoza ku mutima. Haleluya!


Ndicecekeye nta cyo nongera kuvuga, koko ni wowe wanteye kumera gutya.


Umbabarire ibicumuro byanjye byose, ntiwemere ko abantu b'ibicucu bangira urw'amenyo.


yahagaritse intambara zose zo ku isi, imiheto yarayivunaguye n'amacumu arayacagagura, ingabo zo kwikingira aziha inkongi.


Uhoraho, nta wo mu ijuru wagereranywa nawe, Uhoraho, nta n'indi mana ihwanye nawe.


Uhoraho, ibyo wategetse ntibyigera bihinyuka, Ingoro yawe irangwa n'ubuziranenge iteka ryose.


Nanjye ngiye kunangira umutima w'Abanyamisiri babakurikire. Ngiye gutsinda umwami wa Misiri n'ingabo ze zose ndetse n'abarwanira mu magare no ku mafarasi, maze mpabwe ikuzo.


Nzamunangira umutima maze abakurikire. Ariko nzamutsinda we n'ingabo ze zose mpabwe ikuzo. Bityo Abanyamisiri bazamenya uwo ndi we.” Abisiraheli babigenza nk'uko Uhoraho yabivuze.


Ndetse n'abatambyi ntibakanyegere batihumanuye, kugira ngo ntabica.”


Uhoraho aramusubiza ati: “Manuka maze uzamukane na Aroni. Ariko abatambyi n'abandi bantu be kurenga urubibi baza aho ndi, kugira ngo ntabica.”


“Uzasuke kuri Aroni no ku bahungu be kuri ayo mavuta, kugira ngo ubegurire kunkorera umurimo w'ubutambyi.


Hezekiya asubiza Ezayi ati: “Ni byiza kungezaho iryo jambo ry'Uhoraho.” Koko rero yaribwiraga ati: “Mu gihe nzaba nkiriho, amahoro n'umutekano bizagumaho.”


Yarambwiye ati: “Isiraheli, uri umugaragu wanjye, ni wowe nzagaragarizamo ikuzo ryanjye.”


Nimuhunge, muhunge muve muri Babiloniya, ntimugire ikintu cyose gihumanye mukoraho, nimwihumanure mwebwe mushinzwe gutwara ibikoresho by'Uhoraho.


Nimara kubakoranya nkabavana mu bihugu mwatataniyemo, nzemera ko munyosereza imibavu ihumura neza, ngaragarize amahanga yose ko ndi umuziranenge.


ubwire abayituye ko jyewe Nyagasani Uhoraho mvuze nti: ‘Sidoni we, ngiye kukurwanya kandi nzahabwa ikuzo ku bw'ibyo ngukoreye. Abantu bose bazamenya ko ndi Uhoraho kubera ko nzaba naguhannye, bityo nkakugaragariza ubutungane bwanjye.


Uzatera ubwoko bwanjye bw'Abisiraheli umeze nk'igihu kibuditse hejuru y'igihugu. Icyo gihe wowe Gogi, nzakohereza utere igihugu cyanjye kugira ngo amahanga amenye ko ndi Uhoraho, ubwo nzayagaragariza ubuziranenge bwanjye ari wowe nkoresheje.


Naho icyumba cyerekeje umuryango mu majyaruguru, cyagenewe abatambyi bakora imirimo yo ku rutambiro. Abo ni abakomoka kuri Sadoki, ari na bo bonyine mu muryango wa Levi bemerewe kwinjira mu Ngoro y'Uhoraho kugira ngo bamukorere.”


Nuko wa muntu arambwira ati: “Ibyo byumba byo mu majyaruguru n'ibyo mu majyepfo byerekeye mu rugo rw'Ingoro, ni ibyumba byeguriwe Uhoraho. Aho ni ho abatambyi begera Uhoraho bazajya barira ibitambo byeguriwe Uhoraho. Ni ho bazajya babika ibintu byeguriwe Uhoraho ari byo amaturo y'ibinyampeke n'ibitambo byo guhongerera ibyaha, n'ibyo kwiyunga n'Uhoraho.


kugira ngo umwana azabyara atazagira amakemwa. Ndi Uhoraho witoranyiriza Umutambyi mukuru.”


kubwira Aroni ati: “Mu bazagukomokaho ntihakagire umuntu ufite ubusembwa uza kumpereza ibyokurya,


None rero Aroni, abazagukomokaho bazarangwaho bene ubwo busembwa, ntibazigere bakora imirimo y'ubutambyi ngo bampereze ibyokurya, ari yo maturo atwikwa.


Be kunsuzuguza jye Uhoraho Imana yabo, ahubwo bajye baba abaziranenge. Ni bo bampereza ibyokurya ari yo maturo atwikwa, bagomba kuba abaziranenge.


Rubanda rujye rwubaha umutambyi kuko ari we umpereza ibyokurya, rumufate nk'umuziranenge kuko jyewe Uhoraho witoranyirije Abisiraheli ndi umuziranenge.


“Abatambyi bajye banyumvira birinde gukora icyaha cyerekeye ibyokurya, baramutse bansuzuguye bakabirengaho bapfa. Ndi Uhoraho ubitoranyiriza.


None muzagume hano imbere y'Ihema ry'ibonaniro amanywa n'ijoro, mumare iminsi irindwi. Mujye mukora ibyo Uhoraho ashaka kugira ngo mudapfa. Uko ni ko Uhoraho yantegetse.”


hanyuma abwira Kōra n'abo bafatanyije ati: “Ejo mu gitondo Uhoraho azatumenyesha abo yahisemo kwiyegereza, n'abaziranenge abo ari bo.


Uhoraho abwira Musa na Aroni ati: “Kubera ko mutanyizeye kandi ntimwereke Abisiraheli ubuziranenge bwanjye, ntimuzabageza mu gihugu mbahaye.”


“Ukunda se cyangwa nyina akabandutisha ntakwiriye kuba uwanjye. Ukunda umuhungu we cyangwa umukobwa we akabandutisha, na we ntakwiriye kuba uwanjye.


Ahubwo ndasaba nti: ‘Data, iheshe ikuzo!’ ” Nuko humvikana ijwi ry'uvugira mu ijuru ati: “Maze kuryihesha kandi nzongera ndyiheshe.”


Icyo muzasaba cyose mu izina ryanjye nzagikora, kugira ngo ikuzo rya Data ryerekanirwe mu Mwana we.


kuko mwancumuyeho mu ruhame rw'Abisiraheli. Ntimwaberetse ubuziranenge bwanjye igihe mwaburaga amazi i Meriba, hafi y'i Kadeshi mu gasi ka Tsini.


Ni ko bizamera kuri wa munsi Nyagasani azaza guheshwa ikuzo n'intore ze no gutangarirwa n'abamwemeye bose – muri abo namwe murimo, kuko mwemeye ibyo twahamije hagati muri mwe.


Koko rero igihe cy'urubanza kirageze kandi rubanjirije kuri twebwe ab'inzu y'Imana. None se ubwo rubanjirije kuri twe, iherezo ry'abatumvira Ubutumwa bwiza bw'Imana rizaba irihe?


Jyewe Uhoraho Imana y'Abisiraheli nari nasezeranyije urugo rwawe ndetse n'abazagukomokaho bose ko muzambera abatambyi iteka ryose, ariko noneho mvuze ko atari ko bikimeze. Abanyubaha nzabakuza, naho abansuzugura nzabakoza isoni.


Nuko Samweli amutekerereza byose nta cyo amuhishe. Eli ni ko kuvuga ati: “Ni Uhoraho, abigenze uko yishakiye.”


Hanyuma baravuga bati: “Ni nde wahangara guhagarara imbere y'Uhoraho, ya Mana nziranenge? Iyi Sanduku turayerekeza he?”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan