Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abalewi 1:2 - Bibiliya Ijambo ry'imana

2 ngo ashyikirize Abisiraheli amabwiriza akurikira: Umuntu ushaka gutambira Uhoraho itungo, rijye riba iryo mu matungo maremare cyangwa magufi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

2 “Bwira Abisirayeli uti: Nihagira umuntu muri mwe utambira Uwiteka igitambo, mujye mukura icyo mutamba mu matungo, mu mashyo cyangwa mu mikumbi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

2 ngo ashyikirize Abisiraheli amabwiriza akurikira: Umuntu ushaka gutambira Uhoraho itungo, rijye riba iryo mu matungo maremare cyangwa magufi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

2 «Dore ibyo uzamenyesha Abayisraheli: Muri mwe nihagira uzanira Uhoraho ituro, rizabe iry’amatungo maremare cyangwa iry’amagufi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abalewi 1:2
13 Iomraidhean Croise  

Hashize igihe Kayini ashyīra Uhoraho ituro ry'imyaka yahinze,


ariko ntiyishimira Kayini n'ituro rye. Ibyo birakaza Kayini cyane maze mu maso he harijima.


nimurate ko Uhoraho ari nyir'ikuzo. Nimuze mu Ngoro ye mumuzaniye amaturo, nimuramye Uhoraho kuko ari umuziranenge.


Uhereye uwo munsi bakajya batamba ibitambo bikongorwa n'umuriro bya buri munsi, n'ibitambo bikongorwa n'umuriro byatambwaga ku munsi ukwezi kwabonetseho no ku minsi mikuru yeguriwe Uhoraho, kandi bakamutura amaturo y'ubushake.


“Muzanyubakire urutambiro rw'igitaka rwo gutambiraho amatungo yanyu ho ibitambo bikongorwa n'umuriro, n'iby'umusangiro. Nzajya mbaha umugisha muri ahantu hose nzabashyiriraho kundamya.


muzantambire ibitambo bitwikwa, byaba ibikongorwa n'umuriro cyangwa ibyo guhigura umuhigo, cyangwa iby'ubushake cyangwa ibigenewe iminsi mikuru. Muzantambire inka cyangwa intama cyangwa ihene, kugira ngo impumuro yabyo inshimishe.


Yaba afuhira ukuri cyangwa yibeshya, uwo mugabo ajye ashyīra umugore we umutambyi, ajyane n'ituro ryabigenewe: ikiro cy'ifu y'ingano za bushoki idasutsweho amavuta y'iminzenze kandi idashyizweho umubavu. Iryo ni ituro riturwa n'umugabo ufuha agashinja umugore we ubusambanyi.


Naho mwebwe muvuga ko umuntu ashobora kubwira se cyangwa nyina ati: ‘Icyo najyaga kugufashisha ni “Korubani” (ni ukuvuga ituro ryagenewe Imana)’.


Bavandimwe, kubera ko Imana yabahaye imbabazi ndabihanangiriza ngo mwitange, maze mube ibitambo bizima byeguriwe Imana biyishimisha. Uko ni ko kuyikorera kubakwiriye.


Dufite kandi impano zitandukanye Imana yatugabiye buri wese iye. Uwahawe guhanura ngo avuge ibyo yeretswe, nakoreshe iyo mpano ashingiye ku kwizera yahawe n'Imana.


Mujye mugenza nk'uko Kristo yadukunze, akitanga ngo atubere ituro n'igitambo bifite impumuro nziza ishimisha Imana.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan