Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 4:8 - Bibiliya Ijambo ry'imana

8 Ahasigaye bavandimwe, icyitwa ingeso nziza cyose n'igikwiye gushimwa cyose, ni iby'ukuri n'ibikwiye icyubahiro, ibitunganye n'ibiboneye, ibikundwa n'ibivugwa neza abe ari byo muhoza ku mutima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

8 Ibisigaye bene Data, iby'ukuri byose, ibyo kūbahwa byose, ibyo gukiranuka byose, ibiboneye byose, iby'igikundiro byose n'ibishimwa byose, nihaba hariho ingeso nziza kandi hakabaho ishimwe abe ari byo mwibwira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

8 Ahasigaye bavandimwe, icyitwa ingeso nziza cyose n'igikwiye gushimwa cyose, ni iby'ukuri n'ibikwiye icyubahiro, ibitunganye n'ibiboneye, ibikundwa n'ibivugwa neza abe ari byo muhoza ku mutima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

8 Ahasigaye, bavandimwe, icyitwa icy’ukuri cyose kimwe n’igikwiye kubahwa, igitunganye, ikitagira inenge, igikwiye gukundwa no kuratwa, mbese icyitwa ingeso nziza cyose kandi gikwiriye ishimwe, abe ari cyo muharanira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 4:8
67 Iomraidhean Croise  

Namutoranyirije kugira ngo azategeke abahungu be n'abazamukomokaho kunyumvira, no kuba intungane no gukurikiza ubutabera. Nibabigenza batyo nzamusohoreza ibyo namusezeraniye.”


Sawuli na Yonatani bari bafite igikundiro mu mibereho yabo, no mu rupfu rwabo ntibasiganye. Banyarukaga kurusha agaca, bagiraga imbaraga kurusha intare!


Imana y'Abisiraheli yaravuze, yo Rutare rubakingira yarambwiye iti: ‘Umwami unyubaha agategekesha abantu ukuri,


“Nimurekere aho guca imanza zibera, mwe kugira abagome abere. Kuruhuka.


Abibisha iminzani Uhoraho arabarwanya, abakoresha ibipimo bishyitse bo arabakunda.


Umugore w'ingeso nziza ni ikamba ry'umugabo we, nyamara ukoza isoni ni nk'ikimungu mu magufwa ye.


Uhoraho ashimishwa n'iminzani itunganye, ni we ugena imikoreshereze nyakuri yayo.


Imigenzereze y'intungane ntigira amakemwa, hahirwa abana be bazamukurikiza.


Umugore w'intwari yabonwa na nde? Koko rero arusha agaciro amasaro y'agahebuzo.


“Abagore benshi babaye intwari, nyamara wowe urabahebuje!”


Uwo mugore akwiye gushimirwa ibikorwa bye, ibikorwa bye nibiratwe mu nama y'abakuru b'umujyi.


Bakobwa b'i Yeruzalemu, umunwa we uryoheye kuwusoma, igihagararo cye gifite igikundiro, uwo ni we mukunzi wanjye n'incuti yanjye.


Uhoraho ni umunyamurava, ni we uboneza imigenzereze y'intungane, koko imigenzereze y'intungane iraboneye.


Bamutumaho abigishwa babo hamwe n'abo mu ishyaka rya Herodi bati: “Mwigisha, tuzi ko uri umunyakuri kandi ko wigisha abantu inzira y'Imana mu kuri nta cyo utinya, kuko ufata abantu bose kimwe.


Herodi yatinyaga Yohani akajya amurengera, kuko yari azi ko ari intungane akaba n'umuziranenge. Yakundaga kumwumva nubwo yamubwiraga ibimubangamiye.


Yezu ni ko kubabwira ati: “Mwebwe mwigira intungane imbere y'abantu nyamara Imana izi imitima yanyu, kuko icyo abantu baha agaciro kiba kigayitse ku Mana.


I Yeruzalemu hari umuntu witwa Simeyoni, akaba umugabo utunganiye Imana kandi akayubaha. Yari ategereje Uzazanira Abisiraheli agakiza. Mwuka Muziranenge yari kumwe na we,


Hariho umugabo witwaga Yozefu ukomoka mu mujyi w'Abayahudi witwa Arimateya. Yari umuntu w'inyangamugayo kandi w'intungane, akaba ari umwe mu bari bategereje ubwami bw'Imana. Yari umujyanama mu rukiko rw'ikirenga rw'Abayahudi, ariko ntiyari yemeye uko urubanza rwa Yezu rwaciwe n'ibyo bamukoreye.


Uwivugira ibye bwite aba yishakira icyubahiro, ariko ushaka guhesha icyubahiro Uwamutumye aba ari umunyakuri utagira uburiganya.


Baramusubiza bati: “Twatumwe n'umukapiteni Koruneli. Ni umuntu w'intungane, wubaha Imana kandi ashimwa cyane n'ubwoko bwose bw'Abayahudi. Yabwiwe n'umwe mu bamarayika baziranenge kugutumira iwe ngo yumve icyo umubwira.”


“Muri uwo mujyi hari umugabo akitwa Ananiya. Yari umuntu wubaha Imana akurikije amategeko yacu, kandi agashimwa n'Abayahudi bose bari bahatuye.


None rero bavandimwe, nimwitoremo abagabo barindwi bazwiho ko buzuye Mwuka w'Imana kandi ko bafite ubwenge, tubashinge uwo murimo.


Twifate uko bikwiriye abagenda ku manywa, tutarangwaho kurara inkera no gusinda, ubusambanyi n'ubwomanzi, intonganya n'ishyari.


Koko kandi abakora neza si bo batinya abatware, keretse abakora nabi. Ese urashaka kudatinya abategetsi? Jya ukora neza ni bwo bazagushima.


Ukorera Kristo atyo ashimisha Imana kandi akemerwa n'abantu.


Ahubwo Umuyahudi nyakuri arangwa n'ibiri mu mutima we, akaba yarakebwe ku mutima bigizwe na Mwuka w'Imana, bitavuye ku Mategeko yanditswe. Uwo nguwo aba adashaka gushimwa n'abantu, ahubwo ngo ashimwe n'Imana.


Ni cyo gituma mutagomba kugira uwo mucira urubanza igihe kitaragera. Mutegereze ko Nyagasani azaza agashyira ahabona ibihishwe mu mwijima, kandi akagaragaza ibyo abantu bibwira. Ubwo ni bwo Imana izaha umuntu wese ishimwe rimukwiriye.


Tujya dusaba Imana kugira ngo mwe kugira ikibi mukora. Ntitubasabira dutyo kugira ngo twe tuboneke ko twatsinze, ahubwo ni ukugira ngo mwebwe mukore ibyiza mutsinde nubwo twe twaba nk'abatsinzwe.


Rimwe abantu baduha icyubahiro ubundi bakadukoza isoni rimwe bakadusebya ubundi bakadushimagiza. Batwita abanyabinyoma nyamara kandi turi abanyakuri.


Tumutumanye n'umuvandimwe ushimwa n'amatorero yose ya Kristo, kubera ko yamamaza Ubutumwa bwiza.


Icyo duharanira si ugukora ibitunganiye Nyagasani gusa, ahubwo ni ugukora n'ibigaragarira abantu ko ari byiza.


Nyamara imbuto ziva kuri Mwuka ni izi: urukundo, ibyishimo, amahoro, kwihangana, kugira neza, imico myiza, kudahemuka,


Ni cyo gituma mugomba kwiyambura n'ibinyoma, umuntu wese ajye abwiza mugenzi we ukuri, kuko twese turi ingingo z'umubiri umwe.


Erega umucyo ni wo sōko y'ingeso nziza zose n'ubutungane n'ukuri!


Nuko rero nimuhagarare kigabo, mukenyeye ukuri mwambaye n'ikoti ry'icyuma rikingiriza igituza, ari ryo butungane.


Mujye muharanira ubutabera, kugira ngo mubeho kandi mwigarurire igihugu Uhoraho Imana yanyu azabaha.


Ahasigaye bavandimwe, mwishimire muri Nyagasani. Sindambirwa kubandikira ibintu mbisubiramo, igihe bibafitiye akamaro.


Murajye mwitondera uko mwifata ku batazi Kristo, mukoreshe neza igihe mufite ngo mubabwire ibye.


Bityo muzajye mugenza uko bikwiye imbere ya rubanda, kandi nta cyabo muzakenera.


Mujye musabira abami n'abandi bategetsi bose kugira ngo tugire amahoro n'ituze, maze tubeho twubaha Imana kandi turi inyangamugayo.


Abadiyakonikazi na bo bagomba kuba ari abantu biyubaha, bakirinda gusebanya no gutegekwa n'inda, ahubwo nibabe indahemuka ku buryo bwose.


Agomba kuba azi kuyobora neza abo mu rugo rwe bwite, no kumenyereza abana be guhora bubaha ababyeyi ku buryo bwose bukwiye.


Ntihakagire ugusuzugura ngo ni uko uri muto. Ahubwo ubere urugero abemera Kristo mu mivugire no mu myifatire, no mu rukundo no mu kwemera Kristo, no mu kugira umutima uboneye.


Agomba kuba azwi ho ibikorwa byiza ari byo ibi: kurera abana be neza, kwakira neza abagenzi, koza ibirenge by'intore z'Imana, kugoboka imbabare, mbese kugira ibikorwa byiza by'uburyo bwose.


Abakecuru ubahugure nk'aho ari ababyeyi bawe, abāri na bo nk'aho ari bashiki bawe ubafitiye umutima uboneye rwose.


Agomba kuba umuntu ukunda kwakira abashyitsi, kandi agakunda n'icyitwa icyiza cyose. Agomba kuba ashyira mu gaciro, ari intungane n'inyangamugayo kandi azi kwifata.


Ni we witanze kugira ngo aducungure, atuvane mu bugome bwose kandi ngo atweze, atugire abantu be bwite bafite ishyaka ryo gukora ibyiza.


Abasaza ubabwire ngo be gutegekwa n'inda, ahubwo biyubahe, bashyire mu gaciro, bemere Kristo ku buryo bushyitse, bagire n'urukundo kandi be gucogora.


Abantu bacu nibimenyereze gushishikarira ibikorwa byiza kugira ngo babone uko bagoboka abandi, bityo be kuba imburamumaro.


Uko kwizera ni ko kwatumye aba kera bashimwa n'Imana.


Mukomeze kudusabira. Turahamya ko nta kibi imitima yacu iturega, kuko kwifata neza igihe cyose ari icyo dushaka.


Idini itunganye kandi idafite inenge ndetse igashimwa n'Imana Data, ni ugusūra impfubyi n'abapfakazi bari mu makuba, no kwirinda kwanduzwa n'imigenzereze y'ab'isi.


Ariko ubwenge buturuka mu ijuru icya mbere buraboneye, byongeye kandi buzana amahoro n'ineza no kumvikana n'abandi, bwuzuye impuhwe no kugira neza, nta gusumbanya abantu nta n'uburyarya.


Mwiyejesheje kumvira ukuri kw'Imana kugira ngo mukundane bya kivandimwe, nta buryarya. Nuko rero mushishikarire gukundana mubikuye ku mutima,


Mugire imyifatire myiza hagati y'abatazi Imana, kugira ngo nubwo babasebya ngo mugira nabi, babone ibyiza mukora bizatume baha Imana ikuzo umunsi izaza muri twe.


Mbere ya byose mukundane urukundo rudatezuka, kuko urukundo rwibagirwa ibyaha byinshi.


Ncuti nkunda, uru ni urwandiko rwa kabiri mbandikiye. Zombi nazanditse nshaka kubibutsa ibyo mwize, nkabakangurira kubitekerezaho ku buryo buboneye.


Bana banjye, urukundo rwacu ntirugahere mu magambo ngo rube ku rurimi gusa, ahubwo rube mu kuri.


Umuntu wese umwiringira atyo, arihumanura akaba aboneye nka Kristo.


Ncuti nkunda, ntimukemere umwuka uwo ari wo wose umuntu avuga ko afite, ahubwo mujye mugenzura murebe niba uwo mwuka ukomoka ku Mana, kuko abahanurabinyoma benshi badutse ku isi.


None rero ntuhangayike, icyo uzashaka cyose nzakigukorera. Erega n'abantu bose bo mu mujyi wacu bazi ko uri inyangamugayo!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan