Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 4:6 - Bibiliya Ijambo ry'imana

6 Ntimukagire ikibahagarika umutima, ahubwo igihe cyose mumenyeshe Imana ibyo mukeneye muyisaba, muyinginga kandi muyishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Ntimukagire icyo mwiganyira, ahubwo ibyo mushaka byose bimenywe n'Imana mubisabiye, mubyingingiye, mushima.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 Ntimukagire ikibahagarika umutima, ahubwo igihe cyose mumenyeshe Imana ibyo mukeneye muyisaba, muyinginga kandi muyishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ntimugire ikibahagarika umutima, ahubwo nimumenyeshe Imana icyo mukeneye cyose, muyisenga, muyinginga, munayishimira.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 4:6
45 Iomraidhean Croise  

Ahubwo Uhoraho Mana yanjye, wite kuri iri sengesho jyewe umugaragu wawe nsenga nkwinginga. Wite ku gutakamba kwanjye no ku isengesho nkugezaho uyu munsi.


Umwami Hezekiya n'umuhanuzi Ezayi mwene Amotsi, batakambira Imana mu ijwi riranguruye kugira ngo ibagoboke.


Ni bwo nzigisha abakugomera gukora ibyo ushaka, bityo n'abanyabyaha bakugarukire.


Jyeweho ntakira Imana, Uhoraho arankiza.


Amagambo avuga aryohera amatwi, nyamara mu mutima we aba ajiginywa. Ibyo avuga bimeze nk'umuti woroshya uburibwe, ariko bikomeretsa nk'inkota ityaye.


Imana ni yo nkesha agakiza n'ikuzo, Imana ni yo rutare rukomeye nisunga, ni na yo buhungiro bwanjye.


Imigenzereze y'inkozi z'ibibi ni ikizira ku Uhoraho, nyamara isengesho ry'intungane riramunezeza.


Egurira Uhoraho ibikorwa byawe byose, bityo imigambi yawe izatungana.


Kanuma kanjye kibera mu myobo yo mu bitare, kanuma kibera mu bwihisho bwo mu mikokwe, nyereka mu maso hawe, niyumvire akajwi kawe. Koko ijwi ryawe rinogeye ugutwi, uburanga bwawe buteye ubwuzu.


Namaze guha Baruki mwene Neriya icyemezo cy'ubuguzi ndasenga nti:


“Ntabaza nzagutabara nkwereke ibintu bitangaje kandi bihishwe, utigeze umenya.


Shadaraki na Meshaki na Abedinego basubiza umwami bati: “Nebukadinezari, si ngombwa ko tugira icyo tugusubiza kuri ibyo.


Nuko Umwami Dariyusi ashyira umukono kuri iryo tegeko.


Igihe bazabarega mu nkiko, ntimuzahagarike umutima mwibaza uburyo mugiye kwiregura, kuko igihe nikigera muzahabwa icyo mukwiriye kuvuga.


Aho zabibwe mu mahwa ni nk'umuntu wumva Ijambo ry'Imana, nyamara guhagarikwa umutima n'iby'isi no gushukwa n'ubukungu, bikarenga kuri iryo Jambo rikaba nk'imbuto zarumbye.


Nuko rero ntimukabunze imitima mwibaza iby'ejo, kuko ‘iby'ejo bibara ab'ejo’. Ingorane za buri munsi zirahagije ku bwawo!


Ntimukagenze nka bo, kuko So aba azi icyo mukeneye mutarakimusaba.


Nyagasani aramusubiza ati: “Marita! Marita! Uhagaritse umutima kandi urahihibikana muri byinshi,


Yezu abwira abigishwa be ati: “Reka mbabwire rero ku byerekeye ubuzima: ntimukabunze imitima mwibaza ikizabatunga cyangwa icyo muzambara.


“Ntimugaharanire ibyo murya n'ibyo munywa, ngo mube ari byo muhozaho umutima.


Yezu acira abigishwa be umugani, kugira ngo abumvishe ko bagomba guhora basenga ntibacogore.


None se Imana yo yabura ite kurenganura abo yitoranyirije, bayitakambira ijoro n'amanywa? Mbese aho izatinda kubagoboka?


Mbese wowe igihe Imana yaguhamagaraga wari inkoreragahato? Ibyo nta cyo bigutwaye, ariko ubonye uburyo bwatuma uvanwa mu buja nakubwira iki?


Icyo mbifuriza ni uko mudahagarika umutima. Ingaragu iharanira ibya Nyagasani, igira ngo ibone uko imushimisha.


kuko namwe mufatanyije natwe mukaba mudusabira! Bityo kubera amasengesho y'abantu benshi, Imana izatugirira ubuntu bitume benshi bayishimira ku bwacu.


Igihe cyose mujye mushimira Imana Data ibintu byose, mu izina ry'Umwami wacu Yezu Kristo.


Byose mubikore musenga ku buryo bwose mwinginga Imana. Ibihe byose muyambaze muvugishwa na Mwuka. Mugumye kuba maso, mushishikarire gusabira intore z'Imana zose.


Mureke amahoro ya Kristo agenge imitima yanyu, ayo ni yo mwahamagariwe kugira ngo mube ingingo zigize umubiri umwe, kandi muhore mushimira Imana.


Ibyo muvuga byose n'ibyo mukora byose, mubikore mu izina rya Nyagasani Yezu mushima Imana Se, mubinyujije kuri we.


Mwese mugumye gusenga mubihugukiye, mushimira Imana.


Mbere ya byose ndabihanangiriza ngo mu masengesho yanyu mujye musabira abantu bose, mwinginga Imana kandi muyishimira ku bwabo.


Umupfakazi nyamwigendaho kandi nyakujya yiringira Imana gusa, ntahwema kuyisenga no kuyiyambaza ijoro n'amanywa.


Iherezo ry'ibintu byose riregereje. Kubera iyo mpamvu mujye mushyira mu gaciro, kandi mwirinde gutegekwa n'inda kugira ngo mubone uko musenga.


Ibibahagarika imitima byose mubiyegurire kuko ibitaho.


Hana aramusubiza ati: “Oya nyakubahwa, sinanyoye divayi cyangwa izindi nzoga, ahubwo ndi umugore washavuye nkaba naje kuganyira Uhoraho.


Ingabo zose zari zarakaye cyane kubera ko abana babo bari banyazwe, bityo bajya inama yo kwicisha Dawidi amabuye. Ariko muri ayo makuba yose, Dawidi arushaho kugira ubutwari ku bw'Uhoraho Imana ye.


Nuko Samweli afata ibuye, arishinga hagati ya Misipa na Sheni aryita Ebenezeri agira ati: “Kugeza ubu Uhoraho yaradufashije.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan