Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 4:19 - Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Namwe Imana yanjye ntizabura kubahundazaho ibyo kubakenura byose, nk'uko umutungo wayo uhebuje uri muri Kristo Yezu ungana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Kandi Imana yanjye izabamara ubukene bwanyu bwose, nk'uko ubutunzi bw'ubwiza bwayo buri muri Kristo Yesu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Namwe Imana yanjye ntizabura kubahundazaho ibyo kubakenura byose, nk'uko umutungo wayo uhebuje uri muri Kristo Yezu ungana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Kandi Imana yanjye, mu bukungahare n’ikuzo byayo, izabasenderezaho ingabire zayo mu byo mukeneye byose, muri Kristu Yezu.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 4:19
44 Iomraidhean Croise  

Nuko asabira Yozefu umugisha agira ati: “Imana yayoboye data Izaki na sogokuru Aburahamu, Imana yandagiye kuva nabaho kugeza uyu munsi,


Nageze mu kaga ntakambira Uhoraho, ntabaza Imana yanjye kugira ngo intabare, yanyumvise yibereye mu ijuru, yumvise ugutabaza kwanjye.


Mikaya aramusubiza ati: “Ndahiye Uhoraho ko nta kindi ndi butangaze, uretse icyo Imana yanjye iri bumbwire.”


Hezekiya n'ibyegera bye baza kureba ibyo birundo, maze bashimira Uhoraho n'ubwoko bwe bw'Abisiraheli.


Mana yanjye ujye unyibuka, ungirire neza kubera ibyo nagiriye aba bantu!


“Bagize inzara ubagaburira umugati uturutse mu ijuru, bagize inyota ubavuburira amazi mu rutare. Waboherereje kwigarurira igihugu, icyo warahiye ukomeje ko uzabagabira.


Uhoraho, mbega ukuntu ibikorwa byawe ari byinshi! Erega byose wabikoranye ubuhanga! Isi yose yuzuye ibyo wahanze.


Mwa Bisiraheli mwe, nimwiringire Uhoraho, nimwiringire Uhoraho kuko agira imbabazi, iteka akunda gucungura abantu.


Mana, mbega ukuntu ineza ugira ihebuje! Abantu baguhungiraho urababundikira ukabarinda.


Kumara umunsi umwe mu rugo rw'Ingoro yawe, bindutira kumara iminsi igihumbi ahandi hantu. Mana yanjye, nahitamo kunambira ku muryango w'Ingoro yawe, aho gucumbika mu mazu y'abagome.


Daniyeli asubiza umwami ati: “Nyagasani, uragahoraho!


Ariko jyewe mpanze amaso Uhoraho, nizeye Imana Umukiza wanjye, Imana yanjye izanyitaho.


Uhoraho Nyiringabo aravuze ati: “Ngaho nimuzane kimwe cya cumi gishyitse, mugishyire mu bubiko bw'Ingoro yanjye kugira ngo ibemo ibyokurya. Ngaho nimubikore murebe ko ntazagomorora imigomero y'ijuru, nkabasenderezaho imigisha myinshi cyane.


Ibyo byose abanyamahanga batazi Imana ni byo baharanira, nyamara So uri mu ijuru azi ko mubikeneye uko bingana.


Yezu aramubwira ati: “Wishaka kungumana kuko ntarazamuka ngo njye kwa Data! Ahubwo genda usange abavandimwe banjye, ubabwire ko ngiye kuzamuka nkajya kwa Data ari we So, nkajya ku Mana yanjye ari yo Mana yanyu.”


Abwira Tomasi ati: “Shyira urutoki aha ngaha, witegereze ibiganza byanjye kandi ushyire n'ikiganza cyawe mu rubavu rwanjye. Nuko ureke gushidikanya ahubwo unyemere!”


Mbere na mbere ndashimira Imana yanjye ku bwa Yezu Kristo kubera mwe mwese, kuko kwemera Kristo kwanyu kwamamaye ku isi yose.


Mbega ukuntu Imana ari umukungu wa byose! Mbega ukuntu ubwenge bwayo n'ubumenyi bwayo biturenze! Ibyo yiyemeza ni amayobera rwose, kandi imigenzereze yayo nta wayimenya.


Cyangwa wirengagiza ineza yayo isesuye n'ubugwaneza n'ukwihangana kwayo? Mbese ntuzi ko ikugirira neza ityo kugira ngo wihane?


Ndatekereza ko imibabaro yacu yo muri iki gihe ntaho ihuriye n'ikuzo Imana izaduhishurira.


Ibyo kwari ukugaragaza ukuntu ikuzo ryayo risesuye ku bo ishaka kugirira imbabazi, abo uhereye kera yari yarateguriye kuzagira uruhare kuri iryo kuzo.


Ndatinya ko ningaruka iwanyu Imana yanjye izankoza isoni imbere yanyu. Koko kandi nzagomba kuririra benshi muri ba bandi bacumuye mbere, bakaba baranze kwisubiraho ngo bareke za ngeso zabo zo kwiyandarika n'ubusambanyi n'ubwomanzi.


Nuko rero amakuba y'akanya gato duhura na yo muri iki gihe, nta cyo avuze uyagereranyije n'ikuzo ry'akataraboneka rizahoraho iteka dutegurirwa n'ayo makuba.


Abahumure imitima musobanukirwe ibyo kwiringirwa Imana yabahamagariye, kandi mumenye ukuntu umunani yateganyirije intore zayo ufite ikuzo ritagira urugero,


Muri we twacungujwe amaraso yamennye ku bwacu, bityo Imana itubabarira ibicumuro ikurikije ubuntu bwayo butagira urugero.


Kwari ukugira ngo mu bihe bizaza yerekane ubutunzi buhebuje bw'ubuntu bwayo, ikoresheje ineza itugirira muri Kristo Yezu.


Ndayisaba ngo ikurikije ubwinshi bw'umutungo w'ikuzo ryayo, ibahe ububasha mukomezwe umutima mubikesha Mwuka wayo,


Jyewe urutwa n'uworoheje cyane mu ntore z'Imana, yangiriye ubwo buntu bwo gutangariza abatari Abayahudi iyo nkuru nziza, yerekeye ubukungu buboneka muri Kristo burenze ubwenge bw'umuntu,


Bityo amahoro y'Imana asumba kure ubwenge bw'umuntu, arindire imitima yanyu n'ibitekerezo byanyu muri Kristo Yezu.


Iryo banga Imana yageneye amahanga yose, yiyemeje kumenyesha intore zayo ukuntu rifite ikuzo risendereye. Iryo banga ni Kristo uri muri mwe, ubizeza kuzahabwa ku ikuzo ry'Imana.


Inyigisho za Kristo zibacengere rwose zibakungahaze, mugire n'ubwenge bwo kwigishanya no kugirana inama. Muririmbire Imana zaburi n'indirimbo z'ibisingizo n'izahimbwe zikomoka kuri Mwuka, muyishima cyane bibavuye ku mutima.


Twarabakomeje, turabahumuriza kandi turabihanangiriza, ngo mujye mugenza uko bikwiriye abo Imana ihamagara ngo babe mu bwami bwayo bufite ikuzo.


Abakungu b'iki gihe cya none ubihanangirize, kugira ngo birinde gusuzugura no kwiringira ubukungu bushira vuba. Ahubwo biringire Imana yo iduhundazaho ibintu byose ngo tubikoreshe tubyishimira.


Filemoni, igihe cyose nsenze ndakuzirikana ngashimira Imana yanjye,


Abakuru b'itorero rya Kristo bo muri mwe ndabihanangiriza. Nanjye ndi umukuru hamwe namwe, ndi n'umwe mu bagabo bo guhamya ukuntu Kristo yababajwe agapfa, kandi nagenewe kuzahabwa uruhare ku ikuzo rya Kristo rigiye guhishurwa.


Ariko nimumara kubabazwa igihe gito, Imana ubwayo igira ubuntu byuzuye izababoneza, ibakomeze ibahe imbaraga no kutajegajega. Erega ni yo yabahamagaye ngo muhabwe ku ikuzo ryayo rihoraho riri muri Kristo!


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan