Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 3:6 - Bibiliya Ijambo ry'imana

6 naho ku byerekeye ishyaka, natotezaga Umuryango wa Kristo. Ku byerekeye ubutungane buzanwa n'Amategeko, nari inyangamugayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

6 Ku by'ishyaka narenganyaga Itorero, ku byo gukiranuka kuzanwa n'amategeko nari inyangamugayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

6 naho ku byerekeye ishyaka, natotezaga Umuryango wa Kristo. Ku byerekeye ubutungane buzanwa n'Amategeko, nari inyangamugayo.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

6 Ku byerekeye umwete, natoteje Kiliziya; naho ku byerekeye ubutungane bukeshwa amategeko, simpinyuka.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 3:6
25 Iomraidhean Croise  

Abanyagibeyoni ntabwo bari Abisiraheli, ahubwo ni Abamori bacitse ku icumu. Abisiraheli bari baragiranye na bo amasezerano yo kubana mu mahoro. Ariko Sawuli yashatse kubarimbura, kubera ishyaka yarwanira Abisiraheli n'Abayuda. Umwami Dawidi atumiza Abanyagibeyoni kugira ngo avugane na bo.


Yehu aramubwira ati: “Reka tujyane wirebere uburyo nkorera Uhoraho n'ishyaka ryinshi!” Nuko bajyana mu igare rye.


Ntukabe intungane ngo ukabye, cyangwa ngo ukabye kuba umunyabwenge. Ni kuki umuntu yakwikururira kurimbuka?


Icyakora niba iyo nyama isubiranye inkovu igahinduka umweru, umurwayi ajye asanga umutambyi,


“Muzabona ishyano mwa ndyarya mwe z'abigishamategeko n'Abafarizayi, mumeze nk'ibikombe n'amasahane boza inyuma gusa, kuko imbere mwuzuye ubwambuzi no kutifata.


Reka mbabwire, nimudatunganira Imana kurenza abigishamategeko n'Abafarizayi, ntabwo muzinjira mu bwami bw'ijuru.


Bombi bari abantu batunganiye Imana, kandi bagakurikiza amategeko n'amabwiriza yose ya Nyagasani nta makemwa.


Babyumvise bahita basingiza Imana. Nuko babwira Pawulo bati: “Muvandimwe, urabona ukuntu Abayahudi bemeye Yezu ari ibihumbi byinshi, kandi dore bose barwanira ishyaka Amategeko.


Umutambyi mukuru n'abakuru b'imiryango ni bo ntanze ho abagabo. Ndetse bampaye n'inzandiko nshyikiriza abavandimwe bacu b'i Damasi, maze njya gufata ab'aho kugira ngo mbabohe mbazane i Yeruzalemu bahanwe.


Banzi kuva kera, babishatse bashobora guhamya ko nahoze ndi Umufarizayi, ni ukuvuga uwo mu ishyaka ry'abakurikiza idini yacu ku buryo bukataje.


Naho Sawuli we agumya kuyogoza Umuryango wa Kristo. Yavaga mu rugo akajya mu rundi, agakurubana abagabo n'abagore akabata muri gereza.


Kera ntaramenya icyitwa itegeko nari muzima. Ariko haje Amategeko ibyaha birampagurukana,


Mujye mwifata ku buryo mutabera imbogamizi Abayahudi, cyangwa abatari Abayahudi ndetse n'Umuryango w'Imana.


Koko ni jye muto mu Ntumwa za Kristo, ndetse sinkwiriye kwitwa Intumwa ye kuko natoteje abo mu Muryango w'Imana.


kugira ngo mube abana b'Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b'iki gihe b'abahemu n'abagizi ba nabi, mubabere nk'imuri zimurikira isi,


kandi mpore muri we ntiratana ubutungane buzanwa no gukurikiza Amategeko, ahubwo nirata ubutungane buzanwa no kwizera Kristo, ari bwo Imana itanga bushingiye ku kumwemera.


Nari umuntu ukunda gutuka Imana, ngatoteza abayoboke bayo nkaba n'umunyarugomo. Ariko Imana yarambabariye kuko ibyo nabiterwaga n'ubujiji, kubera ko ntemeraga Kristo.


Nuko babwira Yowashi bati: “Sohora umuhungu wawe tumwice kuko yasenye urutambiro rwa Bāli, kandi agatemagura ishusho ya Ashera yari iruhande rwarwo.”


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan