Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 3:19 - Bibiliya Ijambo ry'imana

19 Iherezo ryabo ni ukurimbuka kuko imana yabo ari inda, ibiteye isoni bakora bikaba ari byo birata, bahoza umutima ku by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

19 Amaherezo yabo ni ukurimbuka, imana yabo ni inda, biratana ibiteye isoni byabo, bahoza umutima ku by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

19 Iherezo ryabo ni ukurimbuka kuko imana yabo ari inda, ibiteye isoni bakora bikaba ari byo birata, bahoza umutima ku by'isi.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

19 Amaherezo yabo ni ukorama; kuko inda yabo bayigize Imana yabo, maze bakikuriza mu byagombaga kubatera isoni, bo baharanira iby’isi gusa.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 3:19
52 Iomraidhean Croise  

Uhoraho, unkize bene abo bantu, ni abantu b'isi badamaraye muri ubu buzima. Ubahe ibihano bikaze wabateganyirije, abana babo na bo babihanishwe, ndetse bizagere no ku buzukuru babo.


Zaburi y'umuyobozi w'abaririmbyi. Ni igisigo gihanitse cya Dawidi.


Ahubwo tuzakora ibyo twavuze byose: tuzosereza imibavu umwamikazi w'ijuru, tumuture amaturo asukwa nk'uko twebwe na ba sogokuruza n'abami bacu n'abayobozi bacu, twabikoreye mu mijyi y'u Buyuda no mu mayira y'i Yeruzalemu. Icyo gihe twari dufite ibyokurya bihagije kandi tumerewe neza, nta n'ingorane twigeze tugira.


Mwantesheje icyubahiro mu bantu banjye, kugira ngo muronke ingemu z'impeke ku mashyi n'udusate tw'umugati. Mwica abantu b'inzirakaregane mugakiza abadakwiriye kubaho. Mubwira abantu banjye ibinyoma maze bakabizera.”


Munywa amata mukambara imyambaro iboshywe mu bwoya bw'intama, mukica kandi mukarya intama z'imishishe nyamara ntimuziteho.


“Uko abatambyi barushijeho kugwira, ni ko barushijeho kuncumuraho: aho kugira ngo bubahwe nzatuma basuzugurika.


Abatware baho bakemura imanza ari uko bahawe ruswa, abatambyi baho bigishiriza ibihembo, abahanuzi baho bahanura ari uko bahawe ingemu! Nyamara bose bishingikiriza Uhoraho bati: “Uhoraho ari hagati muri twe, bityo nta cyago kizaduhangara.”


Uhoraho aravuga ku byerekeye abahanuzi bayobya ubwoko bwanjye ati: “Iyo bahawe ibyo bishyirira mu nda bahanura ko ari amahoro, utagize icyo abaha baramurwanya!


Na none ati: “Ariko mwebwe muransuzugura mukavuga muti: ‘Urutambiro rwa Nyagasani rurahumanye, n'ibyokurya biruvuyeho birasuzuguritse.’


Yezu arahindukira aramubwira ati: “Mva iruhande Satani! Umbereye inkomyi kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ari iby'abantu.”


“Hanyuma Umwami azabwira ab'ibumoso bwe ati: ‘Nimumve iruhande mwa bivume mwe, mujye mu muriro w'iteka wateguriwe Satani n'abamarayika be!


Ubwo ni bwo nzishimira ko mfite ibintu bizāmaza imyaka myinshi. Nzaruhuka ndye nywe, ndabagire!’


“Habayeho umugabo w'umukungu wambaraga imyambaro myiza ihebuje y'ibitare n'iy'amabara, kandi iminsi yose agahora adamaraye.


Uwo mucamanza akabyangirira, hahita igihe. Ageze aho aribwira ati: ‘Nubwo ntatinya Imana bwose kandi singire n'uwo nitaho,


Koko rero abameze batyo ntibakorera Umwami wacu Kristo, ahubwo bakorera inda zabo. Bakoresha akarimi keza n'amagambo yo kuryoshyaryoshya, bakayobya abafite imitima yoroshye.


Mbese ibyo mwakoraga kera byabamariye iki, ko ubu mugira n'isoni zo kubyibuka? Koko kandi ibyo bikorwa bigeza umuntu ku rupfu.


Muracyifata nk'ab'isi. Mbese ubwo ishyari n'amakimbirane bikirangwa muri mwe, ntibigaragara ko mwifata nk'ab'isi mukagengwa na kamere yanyu nk'abantu bose?


Mbese muracyirata iki noneho? Ahubwo ga mwari mukwiriye kubabara, kandi umuntu wakoze ibyo agakurwa muri mwe.


Ubwirasi bwanyu si bwiza. Mbese ntimuzi wa mugani ngo “Agasemburo gake gatubura ifu yose?”


Nzakomeza kugenza uko nsanzwe ngenza, kugira ngo ba bandi biyita intumwa za Kristo babure urwitwazo bajya bashaka rwo kwirata ko ari intumwa kimwe natwe.


Ntabwo ibyo rero ari ibikomeye kubona n'abakozi be bihindura nk'abagaragu b'Imana nyir'ubutungane. Iherezo baziturwa ibihwanye n'ibyo bakora.


Nyamara kandi abo bantu nubwo bakebwa, ubwabo ntibumvira Amategeko. Barashaka gusa ko mukebwa kugira ngo babone uko birata uwo muhango ukorewe imibiri yanyu.


Abandi bose baharanira inyungu zabo bwite, aho guharanira iza Yezu Kristo.


Muhoze imitima ku byo mu ijuru atari ku byo ku isi,


Bazahabwa igihano cyo kurimbuka bajyanwe kure ya Nyagasani, batandukanywe n'ikuzo rye n'ububasha bwe.


Bityo abazaba bataremeye ukuri ahubwo bakishimira ubugome, bazatsindwe n'urubanza.


Ubwo ni bwo wa Mugome azahishurwa, noneho igihe Nyagasani Yezu azaba aje amwicishe umwuka wo mu kanwa ke, amutsembeshe ukurabagirana kwe.


n'impaka z'urudaca mu bantu bafite ubwenge bwononekaye bakamyemo ukuri. Bibwira ko uwubaha Imana aba yikurikiraniye inyungu.


abagambanyi n'ibyihebe n'abikakaza. Bazaba bakunda ibibanezeza aho gukunda Imana.


Nyamara ubu murirata ndetse mukirarira! Bene ubwo bwirasi ni bubi.


Ariko nk'uko abahanurabinyoma badutse kera muri rubanda, ni ko n'abigishabinyoma bazaduka muri mwe. Bazisuka muri mwe rwihishwa bakwize inyigisho ziyobya kandi zisenya, ndetse bazihakana Umugenga wabo wabacunguye, maze bidatinze bikururireho icyorezo.


Kubera ko bagiriye abandi nabi na bo baziturwa kugirirwa nabi. Bishimira kwiyandarika no ku manywa y'ihangu. Igihe basangira namwe ku munsi mukuru bakoza abantu isoni, bakanabatesha agaciro kuko bashimishwa n'ubutiriganya.


Kubera irari ryabo abo bigishabinyoma bazababwira amagambo bihimbiye bashaka kurya utwanyu. Nyamara kuva kera urubanza rwabo rwarateguwe, kandi kurimbuka bagenewe kuregereje.


Ariko abo bantu bapfa gutuka icyo batazi cyose, naho ibyo bazi bituruka kuri kamere yabo, kimwe n'inyamaswa zitagira ubwenge, ni na byo biboreka.


Abo bantu bahora bijujuta kandi binuba, bagengwa n'irari ryabo. Bahora mu magambo y'ubwirasi, kandi bakaryoshyaryoshya abo bashakaho inyungu.


Hari abantu basuzuguye Imana baseseye muri mwe rwihishwa. Ibyerekeye ubuntu tugirirwa n'Imana yacu babihindura ukundi, kugira ngo bishyigikire ubwomanzi bwabo kandi bagahinyura Umwami wacu Yezu Kristo, ari we databuja umwe rukumbi. Iteka bazacirwa ryanditswe kuva kera.


Aho Babiloni iyo yageze yiha ikuzo n'umurengwe, muhageze kuyiteza ububabare n'icyunamo. Dore iribwira iti: ‘Ndimakajwe, ndi umwamikazi, sindi umupfakazi kandi sinteze kugira uwo ngira mu cyunamo bibaho!’


Icyo gikōko kirafatwa, kimwe na wa muhanurabinyoma. Ni we wari warakoze ibitangaza byo kumuranga, ahagarikiwe na cya gikōko. Ibyo bitangaza abishukisha abantu bari barashyizweho ikimenyetso cy'igikōko, kandi bakaramya ishusho yacyo. Icyo gikōko kirohwa ari kizima mu kiyaga cyaka umuriro n'amazuku, na wa muhanurabinyoma akirohwamo.


Naho ibigwari n'abahemu n'abakora ibizira ku Mana, abicanyi n'abasambanyi, n'abarozi n'abasenga ibigirwamana kimwe n'ababeshya bose, umugabane wabo uzaba kurohwa mu kiyaga cyaka umuriro kirimo n'amazuku. Ni rwo rupfu rwa kabiri.”


Inyuma y'uwo murwa hazasigara abiyandarika n'abarozi, n'abasambanyi n'abicanyi, n'abasenga ibigirwamana n'abakunda kubeshya kandi bakariganya.


None se, ni kuki mutubaha ibitambo n'amaturo nategetse ko banzanira mu Nzu yanjye? Dore murabyibushywa n'inyama nziza z'ibitambo ubwoko bwanjye bw'Abisiraheli banzanira! Kuki wubaha abahungu bawe kuruta uko unyubaha?


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan