Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 2:15 - Bibiliya Ijambo ry'imana

15 kugira ngo mube abana b'Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b'iki gihe b'abahemu n'abagizi ba nabi, mubabere nk'imuri zimurikira isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

15 kugira ngo mutabaho umugayo cyangwa uburyarya, mube abana b'Imana batagira inenge hagati y'ab'igihe kigoramye cy'ubugoryi, abo mubonekeramo nk'amatabaza mu isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

15 kugira ngo mube abana b'Imana batagira umugayo, baboneye, batagira amakemwa, batuye mu bantu b'iki gihe b'abahemu n'abagizi ba nabi, mubabere nk'imuri zimurikira isi,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

15 kugira ngo mube indakemwa n’indahinyuka, mube n’abana b’Imana bazira inenge rwagati mu bantu b’indyarya kandi bararutse, mukamurika muri bo nk’inyenyeri mu kirere,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 2:15
42 Iomraidhean Croise  

Mugire imyifatire myiza hagati y'abatazi Imana, kugira ngo nubwo babasebya ngo mugira nabi, babone ibyiza mukora bizatume baha Imana ikuzo umunsi izaza muri twe.


Ibyo mubikorere kugira ngo mube abana nyakuri ba So uri mu ijuru, kuko avusha izuba rye ku beza no ku babi, kandi akagusha n'imvura ye ku ntungane no ku bagome.


Yeruzalemu, haguruka urabagirane kuko umucyo ukuziye, ikuzo ry'Uhoraho rirakumurikiye.


Imana ubwayo yo sōko y'amahoro ibagire abayo rwose, irinde buri wese uko ari kose: umwuka n'ubuzima n'umubiri, maze Umwami wacu Yezu Kristo naza azasange mutariho umugayo.


Nyamara mwebwe ab'iki gihe mwarayihemukiye, ntimukiri abana bayo, ahubwo mwabaye urukozasoni! Mwabaye ibyigomeke n'ibirumbo.


None rero ncuti nkunda ubwo mutegereje ibyo, mukwiriye kugira umwete ngo uwo munsi muzasangwe mu mahoro, nta mugayo ubariho cyangwa inenge.


Ni na we uzabakomeza kugeza ku iherezo, kugira ngo mutarangwaho umugayo ku munsi Umwami wacu Yezu Kristo azaziraho.


kandi nta cyo babība. Ahubwo babe indahemuka rwose, kugira ngo baheshe agaciro inyigisho z'Imana Umukiza wacu ku buryo bwose.


Ariko mwebweho muri ubwoko bwatoranyijwe n'abatambyi bakorera Umwami Imana n'abantu baziranenge, n'ubwoko bwayo bw'umwihariko. Bityo mwamamaze ibikorwa bitangaje by'Imana yabahamagaye ngo muve mu mwijima, mugere mu mucyo wayo w'agatangaza.


Mube intungane nk'uko So uri mu ijuru ari intungane.


Na bo kandi bajye babanza bageragezwe, hanyuma niba nta cyo bagawa babone gukora uwo murimo w'ubudiyakoni.


Umuyobozi w'Umuryango w'Imana agomba kuba umuntu w'inyangamugayo, akaba n'umugabo ufite umugore umwe, udategekwa n'inda, ushyira mu gaciro kandi wiyubaha. Agomba kuba umuntu ukunda kwakira abagenzi, uzi kwigisha,


kugira ngo mushobore gusuzuma ibintu, mumenye ikirushije ibindi gutungana. Bityo muzabe mudafite amakemwa cyangwa umugayo umunsi Kristo azaza,


uwo Muryango ari wo Mugeni we, awishyingire ufite ikuzo, nta kizinga, nta munkanyari, cyangwa ikindi cyose gisa gityo, ahubwo uboneye udafite inenge.


Abantu bose bazi ukuntu mwumvira Nyagasani, ibyo biranshimisha. Ariko icyo mbifuriza ni ukujijukira gukora neza, mudafata impu zombi ngo mukore nabi.


Avuga n'andi magambo menshi yo kubemeza no kubakomeza agira ati: “Nimwikize, mwitandukanye n'abantu b'iki gihe b'abagome!”


“Dore mbatumye nk'intama hagati y'impyisi. Nuko rero murabe inyaryenge nk'inzoka, mube n'abanyamahoro nk'inuma.


Nuko rero Yezu ni we Mutambyi mukuru twari dukeneye, ntagira inenge cyangwa amakemwa cyangwa umugayo. Yatandukanyijwe n'abanyabyaha ashyirwa mu ijuru ahasumba byose.


Ibyo ni byo ugomba kumenyesha abakumva, ubakomeze kandi ubacyahe, ukoresheje ubushobozi bwose wahawe. Ntihakagire n'umwe ugusuzugura.


Buri wese muri bo agomba kuba indakemwa akaba n'umugabo ufite umugore umwe, abana be bakaba bemera Kristo, batarangwaho kuba ibyomanzi cyangwa ibyigomeke.


Abacumura ujye ubahanira mu ruhame kugira ngo abandi batinye.


No muri mwe ubwanyu hazaduka abantu bavuga ibifutamye, kugira ngo bayobye abigishwa ba Kristo babigarurire.


Yohani yari nk'itara ryaka rikabonesha, kandi mwemeye kumara akanya mwishimira umucyo umuturukaho.


Ahubwo mukunde abanzi banyu mubagirire neza, kandi mubagurize nta cyo mwiringiye kuzishyurwa. Nuko muzabona ingororano ishyitse kandi muzaba abana b'Isumbabyose, yo igirira neza indashima n'abagizi ba nabi.


Yezu arasubiza ati: “Yemwe bantu b'iki gihe mutizera Imana kandi mugoryamye, nzabana namwe ngeze ryari? Nzabihanganira ngeze ryari? Ngaho nimumunzanire.”


I Yeruzalemu ni ho hacirwa imanza z'ubutabera, zicibwa n'abakomoka ku Mwami Dawidi.


Bamwe bo mu ikoraniro ry'abasenga Satani babeshya ko ari Abayahudi kandi atari bo, dore ngiye kubakuzanira, bakwikubite imbere, bamenye ko ngukunda.


Ni cyo gituma nshaka ko abapfakazi bakiri bato bongera gushyingirwa bakabyara, bakayobora ingo zabo, bityo bakima abanzi b'Imana urwaho rwo gusebya abayo.


Ibyo ubibashinge kugira ngo babe inyangamugayo.


Ni cyo gituma Nyagasani avuga ati: “Nimuve muri ba bantu mwitandukanye na bo. Ntimugire ikintu cyose gihumanye mukoraho, nanjye nzabakira.


Bombi bari abantu batunganiye Imana, kandi bagakurikiza amategeko n'amabwiriza yose ya Nyagasani nta makemwa.


Koko rero imigenzereze y'intungane imeze nk'umuseke ukebye, umucyo ugatangaza kugeza ubaye amanywa y'ihangu.


Amagambo yose mvuga aratunganye, ntarangwamo uburyarya n'ibinyoma.


Daniyeli yarushaga cyane abandi bayobozi n'abategetsi ubwenge, ku buryo umwami yari afite umugambi wo kumwegurira ubutegetsi bw'ubwami bwe bwose.


naho ku byerekeye ishyaka, natotezaga Umuryango wa Kristo. Ku byerekeye ubutungane buzanwa n'Amategeko, nari inyangamugayo.


Nuko rero wibuke aho wavuye ukagwa, maze wihane wongere gukora uko wakoraga mbere. Nibitaba bityo nzaza aho uri, nkure itara ryawe aho riteretse niba utihannye.


babonaga mu maso he harabagirana. Nuko Musa akongera akitwikira kugeza igihe azasubirira kuvugana n'Uhoraho.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan