Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 1:7 - Bibiliya Ijambo ry'imana

7 Sinabura kubagiraho mwese ibitekerezo nk'ibyo kuko mbahoza ku mutima. Mwese mufite uruhare ku buntu Imana yangiriye, haba ubu ndi ku ngoyi cyangwa igihe nari ngifite uburenganzira bwo kurwanira Ubutumwa bwiza, kugira ngo bushinge imizi muri mwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

7 kandi birankwiriye ko mbatekereza ntyo mwese, kuko mu ngoyi zanjye no mu mpaka ngira kurwanira ubutumwa bwiza mpamya ko ari ubw'ukuri, mbahoza ku mutima nibuka ko musangiye nanjye ubuntu bw'Imana.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

7 Sinabura kubagiraho mwese ibitekerezo nk'ibyo kuko mbahoza ku mutima. Mwese mufite uruhare ku buntu Imana yangiriye, haba ubu ndi ku ngoyi cyangwa igihe nari ngifite uburenganzira bwo kurwanira Ubutumwa bwiza, kugira ngo bushinge imizi muri mwe.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

7 Ngibyo ibitekerezo mbafitiye mwese, kandi koko birakwiye, kuko mbahoza ku mutima, mwebwe muhora mwifatanyije nanjye mu neza yose Imana yangiriye, haba ubu ndi mu buroko, haba n’igihe twarwaniraga Inkuru Nziza, ngo ikomere.

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 1:7
34 Iomraidhean Croise  

Icyakora muri buri mujyi, Mwuka Muziranenge agenda anyemeza ko ingoyi n'amakuba bintegererejeyo.


Nuko Komanda araza afata Pawulo, ategeka ko bamubohesha iminyururu ibiri. Hanyuma arabaza ati: “Uyu muntu ni nde kandi yakoze iki?”


Urukundo rwihanganira byose, muri byose rukemera Imana, rukiringira kandi rukiyumanganya.


Ibyo byose mbikora kubera Ubutumwa bwiza ngira ngo mbugireho uruhare.


Mwebwe ubwanyu ni mwe rwandiko rwanditswe ku mitima yacu, ruzwi na bose rugasomwa na bose.


Ibyo simbivuze ari ukubacira urubanza. Nk'uko nabivuze mbere, muri inkoramutima zacu, ku buryo nta cyadutandukanya namwe; twiteguye kubana namwe, cyangwa gupfana namwe.


Iyo umuntu ari muri Kristo Yezu, ari ugukebwa ari ukudakebwa byose nta cyo bimaze. Igifite akamaro ni ukwizera kugaragazwa n'ibikorwa by'urukundo.


Ni cyo gituma jyewe Pawulo ndi imbohe mpōrwa Kristo Yezu, kubera mwebwe abatari Abayahudi.


Noneho jyewe imbohe ihōrwa Nyagasani, ndabinginga mujye mugenza uko bikwiye mukurikije ibyo Imana yabahamagariye.


No kuri iyi ngoyi ubwo Butumwa ni bwo mpagarariye. Munsabire kugira ngo mbuvuge nshize amanga, uko bikwiye.


Bavandimwe, ndashaka kubamenyesha ko ibyambayeho byatumye Ubutumwa bwiza butera imbere,


ku buryo abo mu ngoro y'umwami w'i Roma bose, ndetse na rubanda rwose bamenye ko nafunzwe mpōrwa Kristo.


Ikindi kandi izi ngoyi zanjye zatumye abenshi mu bavandimwe bakomera kuri Nyagasani, maze barushaho kuvuga Ijambo ry'Imana bashize amanga.


mbitewe n'uruhare mufite kimwe nanjye rwo kwamamaza Ubutumwa bwiza kuva bigitangira kugeza n'ubu.


Muzi ko Timoteyo yerekanye ko ari ingirakamaro, akorana nanjye umurimo w'Ubutumwa bwiza nk'uko umwana akorana na se.


Nyamara mwagize neza ubwo mwifatanyaga nanjye mu makuba nagize.


Banyafilipi, igihe nari mvuye muri Masedoniya ngitangira kuhatangaza Ubutumwa bwiza, muzi ko ari mwe muryango wa Kristo wonyine wagize uruhare ku byo nungukaga no ku byo nahombaga


Kandi nawe mugenzi wanjye dufatanyije umurimo ndagusaba gufasha abo bagore, kuko bafatanyije nanjye kurwanira Ubutumwa bwiza, bo na Kilementi n'abandi twakoranye amazina yabo akaba yanditswe mu gitabo cy'ubugingo.


Jyewe Pawulo ndabatashya. Ibi ni jye ubyiyandikiye n'ukwanjye kuboko. Mujye mwibuka ingoyi ndiho. Nyagasani nagumye kubagirira ubuntu.


Natwe mudusabire kugira ngo Imana itwugururire amarembo, idushoboze kujya kuvuga ubutumwa bwayo ari bwo banga ryerekeye Kristo, ni ryo bampōye banshyira kuri iyi ngoyi.


kuko mwese muri ab'umucyo, muri ab'amanywa. Ntituri ab'ijoro, ntituri n'ab'umwijima.


Ntukagire isoni zo guhamya Umwami wacu, kandi ntugaterwe isoni n'uko mfunzwe bamumpōra. Ahubwo wemere kugirirwa nabi kimwe nanjye kubera Ubutumwa bwiza, Imana ibigushoboje.


Ubwo Butumwa ni bwo mpōrwa, ngashyirwa no ku ngoyi nk'umugizi wa nabi. Nyamara Ijambo ry'Imana ryo ntirishyirwa ku ngoyi.


Mba narahisemo kumwigumanira hano ngo ankorere mu mwanya wawe, ndi ku ngoyi mpōrwa Ubutumwa bwiza.


Bavandimwe, Imana yarabatoranyije ibahamagarira guhabwa umugabane w'ibyiza by'ijuru. Nuko rero nimuzirikane Yezu, uwo Imana yagize Intumwa yayo n'Umutambyi mukuru, kandi akaba ari we dukesha kwemera ibyayo mu ruhame.


Ahubwo mwishimire gufatanya na Kristo imibabaro, kugira ngo igihe ikuzo rye rizahishurwa muzahimbarwe muvuze n'impundu.


Abakuru b'itorero rya Kristo bo muri mwe ndabihanangiriza. Nanjye ndi umukuru hamwe namwe, ndi n'umwe mu bagabo bo guhamya ukuntu Kristo yababajwe agapfa, kandi nagenewe kuzahabwa uruhare ku ikuzo rya Kristo rigiye guhishurwa.


Ndibwira ko ari ngombwa guhora mbakangura, nkabibibutsa igihe cyose nkiriho.


Tuzi ko tumaze kuvanwa mu rupfu tukagezwa mu bugingo, kuko dukunda abavandimwe bacu. Udakunda aba akiri mu rupfu.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan