Biblia Todo Logo
Bìoball air-loidhne

- Sanasan -




Abafilipi 1:10 - Bibiliya Ijambo ry'imana

10 kugira ngo mushobore gusuzuma ibintu, mumenye ikirushije ibindi gutungana. Bityo muzabe mudafite amakemwa cyangwa umugayo umunsi Kristo azaza,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Yera

10 mubone uko murobanura ibinyuranye, kandi mubone uko muba abataryarya n'inyangamugayo kugeza ku munsi wa Kristo,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Bibiliya Ijambo ry'imana D

10 kugira ngo mushobore gusuzuma ibintu, mumenye ikirushije ibindi gutungana. Bityo muzabe mudafite amakemwa cyangwa umugayo umunsi Kristo azaza,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac

Kinyarwanda Bibiliya Ntagatifu

10 kugira ngo mushobore guhitamo ibitunganye. Bityo muzabe abaziranenge n’indahemuka kugera ku munsi wa Kristu,

Faic an caibideil Dèan lethbhreac




Abafilipi 1:10
43 Iomraidhean Croise  

Ibyo nakoze nabikoranye umutima utaryarya, kuko uwo mugabo yambwiye ko ari mushiki we, n'uwo mugore arabyemeza.”


Dore ugutwi ntigusesengura amagambo, kuyasesengura nk'uko akanwa karobanura ibyokurya.


Koko ugutwi gusesengura amagambo, kuyasesengura nk'uko akanwa karobanura ibyokurya.


Nyamara mwanga ibyiza mugakunda ibibi. Ab'ubwoko bwanjye mubarya imitsi, amagufwa yabo muyomoraho inyama.


Yezu arahindukira aramubwira ati: “Mva iruhande Satani! Umbereye inkomyi kuko ibitekerezo byawe bitavuye ku Mana, ahubwo ari iby'abantu.”


Petero aramubwira ati: “Ibigiye kukubaho naho bose byabaca intege, jye ndi bukomere nta kabuza!”


Yezu abonye Natanayeli aje amusanga aravuga ati: “Dore Umwisiraheli nyakuri utagira uburiganya.”


Umuntu wese ukora ibibi yanga umucyo, kandi ntaza ahabona kugira ngo ibyo akora bitagawa.


Ni cyo gituma iteka nihatira kugira umutima utandega ikibi imbere y'Imana n'abantu.


Ntimugakurikize imibereho y'ab'iki gihe, ahubwo mureke Imana ivugurure ibitekerezo byanyu mube muhindutse rwose. Ni bwo muzashobora kumenya neza ibyo Imana ishaka, kugira ngo muhitemo ibyiza biyishimishije kandi bitunganye rwose.


“Mujye mukundana mutaryarya. Mwange ikibi cyose mwibande ku byiza.


Bavandimwe, ndabihanangirije ngo mwirinde abaca ibice mu bavandimwe, kandi bakababangamira bagaca ukubiri n'inyigisho mwahawe, bene abo ngabo mubagendere kure.


uzi icyo Imana ishaka kandi wigishijwe n'Amategeko yayo guhitamo ibyiza.


Noneho ubwo nkora ibyo ntashaka, mba nemeye ko Amategeko ari meza.


Mu mutima wanjye Amategeko y'Imana aranshimisha,


Ni yo mpamvu abaharanira ibyo kamere yabo ishaka ari abanzi b'Imana, ntibumvira Amategeko y'Imana, nta n'ubwo bashobora kuyumvira.


Ni na we uzabakomeza kugeza ku iherezo, kugira ngo mutarangwaho umugayo ku munsi Umwami wacu Yezu Kristo azaziraho.


Mujye mwifata ku buryo mutabera imbogamizi Abayahudi, cyangwa abatari Abayahudi ndetse n'Umuryango w'Imana.


Kubera iyo mpamvu rero, niba hari ibyokurya byagusha umuvandimwe wanjye mu cyaha, sinzarya inyama bibaho kugira ngo ntamugusha.


Ngiki ikidutera ishema: ni uko umutima wacu utwemeza ko twabaye kuri iyi si cyane cyane muri mwe, twiyoroheje tutaryarya kandi tubikesha Imana. Ibyo ntitwabitewe n'ubwenge bw'abantu, ahubwo twabitewe n'ubuntu Imana itugirira.


Twebwe ntitumeze nk'abantu benshi bafata Ijambo ry'Imana nk'igicuruzwa mu isoko. Ahubwo turivuga tutaryarya dutumwe n'Imana, turi imbere yayo muri Kristo.


Twirinda kugira uwo twabangamira ku buryo bwose, kugira ngo umurimo dukora utagawa.


Si itegeko mbashyizeho ahubwo nagira ngo, mpereye ku mwete abandi bafite ndebe ko urukundo rwanyu ari urw'ukuri.


Naho jyewe rero bavandimwe, bibaye ari ukuri ko ncyamamaza ibyerekeye umuhango wo gukebwa, naba se kandi ngitoterezwa iki? Ari uko bimeze umusaraba wa Kristo namamaza nta we waba ukibangamiye.


Ahubwo nituvuga ukuri tubitewe n'urukundo tuzakura ku buryo bwose, twunze ubumwe na Kristo ari we Mutwe w'Umubiri.


Mushishoze maze mumenye ibishimisha Nyagasani.


uwo Muryango ari wo Mugeni we, awishyingire ufite ikuzo, nta kizinga, nta munkanyari, cyangwa ikindi cyose gisa gityo, ahubwo uboneye udafite inenge.


Umwami wacu Yezu Kristo nagumye kugirira ubuntu abantu bose bamukunda urukundo rudatezuka.


Abo babiterwa n'urukundo bazirikana ko nashinzwe kurwanira Ubutumwa bwiza.


Ndemeza ko Imana yatangiye uwo murimo mwiza muri mwe izawukora, ikawunonosora kugeza umunsi Kristo Yezu azaza.


mubagezaho Ijambo ry'ubugingo. Ibyo bizantera kubiratana ku munsi Kristo azaza, byerekane ko ntirukiye ubusa cyangwa ngo mvunikire ubundi.


Nabakomeze imitima maze muzabe mudafite inenge cyangwa umugayo imbere y'Imana Data, igihe Umwami wacu Yezu azaba aje, ashagawe n'intore ze zose.


Mugenzure byose, ibyiza mubigumane,


Imana ubwayo yo sōko y'amahoro ibagire abayo rwose, irinde buri wese uko ari kose: umwuka n'ubuzima n'umubiri, maze Umwami wacu Yezu Kristo naza azasange mutariho umugayo.


Nuko Yozuwe arakomeza ati: “None rero nimwubahe Uhoraho, mumuyoboke mutaryarya kandi mubikuye ku mutima. Nimwamagane ibigirwamana ba sokuruza basengaga bakiri hakurya ya Efurati n'ibyo basengaga mu Misiri, maze muyoboke Uhoraho.


Ncuti nkunda, ntimukemere umwuka uwo ari wo wose umuntu avuga ko afite, ahubwo mujye mugenzura murebe niba uwo mwuka ukomoka ku Mana, kuko abahanurabinyoma benshi badutse ku isi.


Nzi ibyo ukora n'ukuntu uvunika ntucogore. Nzi kandi ko utabasha kwihanganira abagizi ba nabi. Wagenzuye abiyita intumwa za Kristo kandi atari zo, maze usanga ko babeshya.


Lean sinn:

Sanasan


Sanasan