2 Abami 5:26 - Bibiliya Yera26 Aramubwira ati “Umutima wanjye ntiwajyanye nawe, ubwo wa mugabo yahindukiraga akava ku igare rye akaza kugusanganira? Mbese iki gihe ni igihe cyo kwakira ifeza n'imyambaro, n'inzelayo n'inzabibu, n'intama n'inka n'abagaragu n'abaja? Viz kapitolaBibiliya Ijambo ry'imana D26 Elisha yongera kumubwira ati: “Uragira ngo mu buryo bwa Mwuka sinabonye wa wundi wamanutse mu igare ry'intambara agusanganira! Iki si igihe cyo kwigwizaho ifeza cyangwa imyambaro, cyangwa imikindo cyangwa imizabibu, cyangwa amatungo magufi n'amaremare, cyangwa abagaragu n'abaja. Viz kapitolaBibiliya Ijambo ry'imana26 Elisha yongera kumubwira ati: “Uragira ngo mu buryo bwa Mwuka sinabonye wa wundi wamanutse mu igare ry'intambara agusanganira! Iki si igihe cyo kwigwizaho ifeza cyangwa imyambaro, cyangwa imikindo cyangwa imizabibu, cyangwa amatungo magufi n'amaremare, cyangwa abagaragu n'abaja. Viz kapitolaKinyarwanda Bibiliya Ntagatifu26 Elisha aramubwira ati «Ese, umutima wanjye ntiwari kumwe nawe, igihe umuntu yamanukaga vuba ku igare rye aje kugusanganira? Ese bikumariye iki kwakira feza, imyambaro, imitini, imizabibu, impfizi z’intama n’iz’inka, abagaragu n’abaja, Viz kapitola |